Mushikiwabo avuga iki ku bihugu biherutse kwikura mu muryango wa OIF ayoboye?
Nyuma y’uko ibihugu bya Burkina Faso, Niger na Mali, biherutse kwikura mu muryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa nyuma y’igihe cyari gishize warafashe icyemezo cyo guhagarika ibi bihugu by’agateganyo.
Nyuma y’uko kwikura muri uyu muryango, hari abasabye ko byafatirwa ibihano ariko umuyobozi w’uyu muryango Madame Louise Mushikiwabo we siko abibona kuko kubihana ngo atariwo muti.
Mu kiganiro aherutse kugirana na Televiziyo mpuzamahanga y’Abafaransa TV 5 Monde, yavuze ko atemera ko guhana ibi bihugu baherutse kwivana mu muryango ayoboye ari yo nzira nziza.
Ati: “Sinemeranya no kuba inzira yo guhana ari yo nziza. Ntabwo nshyigikiye ibihano keretse igihe gusa byaba bifite icyo bihindura.”
Kuri uyu wa Kane tariki 20 Werurwe 2025 uyu muryango wa OIF wizihije imyaka 55 umaze ubayeho kuko washinzwe kuri iyi tariki mu mwaka wa 1970.


Kinyarwanda
English
Swahili









