issa
Museveni yijeje abahanzi inkunga ya miliyali 30

Museveni yijeje abahanzi inkunga ya miliyali 30

Sep 28, 2025 - 18:23
 0

Perezida Museveni yemereye abahanzi inkunga ya miliyali 30 z'amashilingi ya Uganda nyuma y'amatora ategerejwe mu 2026.


Umukandida wa NRM Yoweri Kaguta Museveni yabwiye abahanzi bayobowe na Eddy Kenzo ko nyuma y'amatora azabaha miliyali 30 zo kwiyubaka. Ku wa 27 Nzeri 2025 mu murwa mukuru Kampala, Munyonyo Resort hateraniye abahanzi mu mugambi wo kumurika ku mugaragaro indirimbo zizakoreshwa mu kwamamaza Museveni mu 2026.

Album yakozwe na Eddy Kenzo yitwa'Yoweri' ikaba yaramurutswe ku mugaragaro mu gikorwa cyitabiriwe na Perezida Yoweri Kaguta Museveni.

Mu ijambo rye yashimiye umusanzu w'abahanzi mu iterambere rya Uganda ariko abizeza kubafata ukuboko. 

Ati"Eddy Kenzo twamuhaye miliyali 5 z'amashilingi ya Uganda kandi yabagezeho mwese. Nyuma y'amatora rero nzabaha miliyali 30 ariko ashobora no kwiyongera noneho mwiteze imbere".

Museveni wafashe umwanya wo kumva iyo album yavuze ko ari nziza cyane. Nubwo abarimo Eddy Kenzo, Jose Chameleone, Bebe Cool bari ku ruhande rwa Museveni, Pallaso yameshe kamwe asanga Fik Fameica mu gushyigikira Bobi Wine.

 Pallaso yavuze ko yifuza impinduka ariyo mpamvu yateye umugongo bene nyina bo kwa Mayanja yisangira umusangirangendo Bobi Wine.

Museveni yijeje abahanzi inkunga ya miliyali 30

Sep 28, 2025 - 18:23
 0
Museveni yijeje abahanzi inkunga ya miliyali 30

Perezida Museveni yemereye abahanzi inkunga ya miliyali 30 z'amashilingi ya Uganda nyuma y'amatora ategerejwe mu 2026.


Umukandida wa NRM Yoweri Kaguta Museveni yabwiye abahanzi bayobowe na Eddy Kenzo ko nyuma y'amatora azabaha miliyali 30 zo kwiyubaka. Ku wa 27 Nzeri 2025 mu murwa mukuru Kampala, Munyonyo Resort hateraniye abahanzi mu mugambi wo kumurika ku mugaragaro indirimbo zizakoreshwa mu kwamamaza Museveni mu 2026.

Album yakozwe na Eddy Kenzo yitwa'Yoweri' ikaba yaramurutswe ku mugaragaro mu gikorwa cyitabiriwe na Perezida Yoweri Kaguta Museveni.

Mu ijambo rye yashimiye umusanzu w'abahanzi mu iterambere rya Uganda ariko abizeza kubafata ukuboko. 

Ati"Eddy Kenzo twamuhaye miliyali 5 z'amashilingi ya Uganda kandi yabagezeho mwese. Nyuma y'amatora rero nzabaha miliyali 30 ariko ashobora no kwiyongera noneho mwiteze imbere".

Museveni wafashe umwanya wo kumva iyo album yavuze ko ari nziza cyane. Nubwo abarimo Eddy Kenzo, Jose Chameleone, Bebe Cool bari ku ruhande rwa Museveni, Pallaso yameshe kamwe asanga Fik Fameica mu gushyigikira Bobi Wine.

 Pallaso yavuze ko yifuza impinduka ariyo mpamvu yateye umugongo bene nyina bo kwa Mayanja yisangira umusangirangendo Bobi Wine.