issa
Museveni yemerewe kongera kwiyamamaza mu matora ya Prezida azaba muri 2026

Museveni yemerewe kongera kwiyamamaza mu matora ya Prezida azaba muri 2026

Sep 24, 2025 - 08:30
 0

Komisiyo y’Amatora muri Uganda iyobowe na Justice Simon Byabakama yatangaje ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni yabaye umukandida wemerewe kwiyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe kuba muri 2026.


Ibi byatangajwe ku wa kabiri tariki 23 Nzeri 2025 na komisiyo ya matora ya Uganda iyobowe na Justin Simon Byabakama akaba ari nawe wavuze ko Museveni, wari usanzwe ari Perezida wa Uganda kuva mu 1986, yujuje ibisabwa byose nku mukandida wemerewe kwiyamamaza bituma ashyirwa ku rutonde rw’abakandida bazahatana mu matora ateganyijwe kuzaba muri 2026.

Uretse Museveni, abandi banyapolitiki bazwi batangajwe bahanganye barimo Robert Kyagulanyi uzwi cyane ku izina rya Bobi Wine, uhagarariye ishyaka rya NUP, ndetse na Nathan Nandala Mafabi uhagarariye ishyaka rya Forum for Democratic Change FDC.

Yoweri Kaguta Museveni Tibuhaburwa yavukiye mu Ntara ya Ntungamo, ku wa 15 Nzeri 1944. Kuri ubu, ari mu bakuru b’ibihugu bakuze ndetse bamaze igihe kinini ku butegetsi ku isi. 

Amatora ya 2026 ategeranyijwe amatsiko menshi abanya Uganda benshi ndetse n’abakurikiranira hafi politiki y'icyo gihugu, aho benshi bakomeje kwibaza niba Museveni azongera gutsinda amatora cyangwa se agasimburwa.

Museveni yemerewe kongera kwiyamamaza mu matora ya Prezida azaba muri 2026

Sep 24, 2025 - 08:30
Sep 24, 2025 - 08:50
 0
Museveni yemerewe kongera kwiyamamaza mu matora ya Prezida azaba muri 2026

Komisiyo y’Amatora muri Uganda iyobowe na Justice Simon Byabakama yatangaje ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni yabaye umukandida wemerewe kwiyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe kuba muri 2026.


Ibi byatangajwe ku wa kabiri tariki 23 Nzeri 2025 na komisiyo ya matora ya Uganda iyobowe na Justin Simon Byabakama akaba ari nawe wavuze ko Museveni, wari usanzwe ari Perezida wa Uganda kuva mu 1986, yujuje ibisabwa byose nku mukandida wemerewe kwiyamamaza bituma ashyirwa ku rutonde rw’abakandida bazahatana mu matora ateganyijwe kuzaba muri 2026.

Uretse Museveni, abandi banyapolitiki bazwi batangajwe bahanganye barimo Robert Kyagulanyi uzwi cyane ku izina rya Bobi Wine, uhagarariye ishyaka rya NUP, ndetse na Nathan Nandala Mafabi uhagarariye ishyaka rya Forum for Democratic Change FDC.

Yoweri Kaguta Museveni Tibuhaburwa yavukiye mu Ntara ya Ntungamo, ku wa 15 Nzeri 1944. Kuri ubu, ari mu bakuru b’ibihugu bakuze ndetse bamaze igihe kinini ku butegetsi ku isi. 

Amatora ya 2026 ategeranyijwe amatsiko menshi abanya Uganda benshi ndetse n’abakurikiranira hafi politiki y'icyo gihugu, aho benshi bakomeje kwibaza niba Museveni azongera gutsinda amatora cyangwa se agasimburwa.