Murumuna wa nyakwigendera Mohbad ari mu maboko atari aye
Adura Aloba, murumuna w’umuhanzi witabye Imana, Mohbad, yatawe muri yombi na polisi.
Bivugwa ko yatawe muri yombi ku wa Gatatu hamwe n’abandi babiri, ubwo yasohokaga mu Rukiko rwa Magisitra rwa Leta ya Lagos ruri i Ogba.
Nyina wa Mohbad, Abosede Aloba, mu mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko Adura yatawe muri yombi n’abagabo bataramenyekana bikekwa ko ari abapolisi, hanze y’urukiko.
Mu gusaba Abanya-Nigeria kumutabara, Abosede yashinje umukinnyi wa filime wa Nollywood akaba n’impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu, Yomi Fabiyi, kuba ari we watumye Adura atabwa muri yombi.
Yagize ati: “Ndabinginze, bantu b’Imana, nimundwaneho! Ni Yomi Fabiyi. Batwaye umuhungu wanjye, Adura, sinzi aho bamujyanye. Abo bagabo bitwaje intwaro bamushimuse nyuma y’iburanisha.”
“Ni Yomi Fabiyi na Sam Jojo bamushimuse. Umuhungu wanjye nta kibi yabakoreye. Adura ni umwere. Bantu b’Abanyanijeriya, ndabinginze, mumfashe! Ntibagomba kumukoraho. Ntibagomba kumukubita kuko ararwaye."
Bivugwa ko Adura yari mu rukiko kubera urubanza rwemewe n’amategeko rurebana na telefone yagurishije Damola Ayinde.
Adura yari yashinje Ayinde na Yomi Fabiyi gukoresha iyo telefone mu kwangiza izina rye, bayifashishije mu kwinjira mu rukuta rwe rwa TikTok mu buryo bunyuranyije n’amategeko.


Kinyarwanda
English
Swahili









