issa
Muri Côte d’Ivoire Umupolisi yapfuye arashwe

Muri Côte d’Ivoire Umupolisi yapfuye arashwe

Oct 21, 2025 - 13:15
 0

Mu gihe igihugu cya Côte d’Ivoire gikomeje kugaragaramo umwuka w’ubushyamirane mbere y’amatora ya Perezida ateganyijwe kuba kuri uyu wa Gatandatu, umwe mu bapolisi b’icyo gihugu yapfuye arasiwe muri izo mvururu.


Ibi byatangajwe kuri uyu wa kabiri tariki ya 21 Ukwakira 2025, Amakuru yatangajwe n’inzego z’umutekano z’icyo gihugu avuga ko uwo mu polisi yari mu kazi ke ko gucunga umutekano ubwo yaraswaga n’abantu kugeza ubu bataramenyekana.

Inzego z’umutekano muri icyo gihugu zavuze ko aho uwo mu polisi yarasiwe, ko ari hamwe mu duce tubarizwaho abanyapolitike bagize amashyaka atandukanye atavuga rumwe n’ubutegetsi bw’icyo gihugu, ndetse muri ako gace hakaba hari hamaze igihe habera imyigaragambyo ikomeye yamaganaga leta iriho ubu.

Amakuru ahari avuga ko iyo myigaragambyo yatewe ahanini n’uko abakandida bakomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bw’icyo gihugu barimo Laurent Gbagbo ndetse na Tidjane Thiam, babujijwe kwiyamamaza mu matora ya Perezida w’icyo gihugu ateganyijwe kuba ku wa 25 Ukwakira uyu mwaka.

Kugeza ubu Guverinoma y’icyo gihugu kiyobowe na Perezida Alassane Ouattara yahise itangaza ko imyigaragambyo iyo ariyo yose itemewe, ni mu gihe kandi uwo mukuru w’igihugu ubu uri mu myaka 83 y’amavuko akomeje ibikorwa byo kwiyamamariza kongera kuyobora icyo gihugu muri manda ye ya kane.

Perezida wa Côte d’Ivoire Ouattara ahanganye n’abakandida bane barimo Simone Gbagbo, Ahoua Don Mello, Jean-Louis Billon na Henriette Lagou bivugwa ko aribo bonyine bemerewe kwiyamaza nyuma y’uwo Ouattara ugifite ubutegetsi.

Uretse ko ubu Abatavuga rumwe n’uwo Perezida wa Côte d’Ivoire Ouattara bakomeje kumushinja gukorana bya hafi n’igihugu cyakoroneje Côte d’Ivoire, ari cyo U Bufaransa, bavuga ko ibyo bituma adaharanira cyane inyungu z’igihugu cye.

Kugeza ubu inzego z’umutekano zatangaje ko ziri mu iperereza kugira ngo hamenyekane neza abakoze icyo gitero cyahitanye uwo mu polisi, mu gihe n’abaturage basabwa kwirinda ibikorwa bishobora guhungabanya umutekano w’icyo gihugu mberey’amatora.

Muri Côte d’Ivoire Umupolisi yapfuye arashwe

Oct 21, 2025 - 13:15
Oct 21, 2025 - 13:51
 0
Muri Côte d’Ivoire Umupolisi yapfuye arashwe

Mu gihe igihugu cya Côte d’Ivoire gikomeje kugaragaramo umwuka w’ubushyamirane mbere y’amatora ya Perezida ateganyijwe kuba kuri uyu wa Gatandatu, umwe mu bapolisi b’icyo gihugu yapfuye arasiwe muri izo mvururu.


Ibi byatangajwe kuri uyu wa kabiri tariki ya 21 Ukwakira 2025, Amakuru yatangajwe n’inzego z’umutekano z’icyo gihugu avuga ko uwo mu polisi yari mu kazi ke ko gucunga umutekano ubwo yaraswaga n’abantu kugeza ubu bataramenyekana.

Inzego z’umutekano muri icyo gihugu zavuze ko aho uwo mu polisi yarasiwe, ko ari hamwe mu duce tubarizwaho abanyapolitike bagize amashyaka atandukanye atavuga rumwe n’ubutegetsi bw’icyo gihugu, ndetse muri ako gace hakaba hari hamaze igihe habera imyigaragambyo ikomeye yamaganaga leta iriho ubu.

Amakuru ahari avuga ko iyo myigaragambyo yatewe ahanini n’uko abakandida bakomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bw’icyo gihugu barimo Laurent Gbagbo ndetse na Tidjane Thiam, babujijwe kwiyamamaza mu matora ya Perezida w’icyo gihugu ateganyijwe kuba ku wa 25 Ukwakira uyu mwaka.

Kugeza ubu Guverinoma y’icyo gihugu kiyobowe na Perezida Alassane Ouattara yahise itangaza ko imyigaragambyo iyo ariyo yose itemewe, ni mu gihe kandi uwo mukuru w’igihugu ubu uri mu myaka 83 y’amavuko akomeje ibikorwa byo kwiyamamariza kongera kuyobora icyo gihugu muri manda ye ya kane.

Perezida wa Côte d’Ivoire Ouattara ahanganye n’abakandida bane barimo Simone Gbagbo, Ahoua Don Mello, Jean-Louis Billon na Henriette Lagou bivugwa ko aribo bonyine bemerewe kwiyamaza nyuma y’uwo Ouattara ugifite ubutegetsi.

Uretse ko ubu Abatavuga rumwe n’uwo Perezida wa Côte d’Ivoire Ouattara bakomeje kumushinja gukorana bya hafi n’igihugu cyakoroneje Côte d’Ivoire, ari cyo U Bufaransa, bavuga ko ibyo bituma adaharanira cyane inyungu z’igihugu cye.

Kugeza ubu inzego z’umutekano zatangaje ko ziri mu iperereza kugira ngo hamenyekane neza abakoze icyo gitero cyahitanye uwo mu polisi, mu gihe n’abaturage basabwa kwirinda ibikorwa bishobora guhungabanya umutekano w’icyo gihugu mberey’amatora.