Mohamed Salah yaciye agahigo gakomeye muri Afurika
Rutahizamu w'umunya-Misiri ukina muri Liverpool FC, Mohamed Salah, yakoze amateka yo kuba umukinnyi wa mbere w'umunyafurika wujuje ibitego 20 mu mikino yo gushaka itike yo gukina igikombe cy'Isi.
Ibi Mohamed Salah yabikoze mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki 8 Ukwakira 2025, ubwo ikipe ye y'igihugu ya Misiri yatsindaga Djibouti ibitego 3-0 mu mikino yo gushaka itike yo gukina igikombe cy'Isi kizaba umwaka utaha wa 2026.
Uyu mukinnyi ukomeye muri Afurika ndetse no ku mugabane w'i Burayi, Mohamed Salah, muri uyu mukino yakoreyemo amateka, yatsinze ibitego bibiri mu bitego bitatu byawubonetsemo.
Mohamed Salah nyuma yo gutsinda ibitego 2, ku munota wa 14 n'uwa 84, yahise aba umukinnyi umaze gutsinda ibitego byinshi muri iyi mikino yo gushaka itike yo gukina igikombe cy'Isi cya 2026, kuko amaze gutsinda ibitego 9.
Aya mateka Mohamed Salah akoze birashoboka ko yakomeza gushyiraho akandi gahigo kuko aracyafite undi mukino iyi kipe ye ya Misiri izakina n'ikipe y'igihugu ya Guinea Bissau yaraye itsindiwe i Kigali na Ethiopia.
Mohamed Salah gukora aya mateka byatumye ahita aca ku bakinnyi bakomeye mu bihe byashize barimo Samuel Eto'o ufite ibitego 18 ndetse na Didier Drogba nawe ufite ibitego 18.
Mohamed Sarah yakoze amateka nk'umukinnyi ukomoka muri Afurika


Kinyarwanda
English
Swahili









