issa
Marcelo yatangaje umukinnyi abona uri muri FC Barcelona yakifuza ko yagurwa na Real Madrid

Marcelo yatangaje umukinnyi abona uri muri FC Barcelona yakifuza ko yagurwa na Real Madrid

Dec 20, 2025 - 09:30
 0

Myugariro wakiniye Real Madrid, Marcelo Vieira da Silva Júnior, yatangaje umukinnyi ukina muri FC Barcelona abona Real Madrid yagura atungurana avuga Pedri Gonzalez.


Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye na El Chilingito, agaruka kuri byinshi birimo urugendo rwe rwo kwerekeza muri Real Madrid ndetse n'uko abona igikombe cy'Isi kizaba umwaka utaha wa 2026 muri Leta zunze ubumwe z'Amerika, Mexico na Canada.

Marcelo wakinaga yugarira ku ruhande rw'ibumoso, yatangaje ko igikombe cy'Isi cya 2026, kizaba ari cyo gikombe kitabiriwe n'amakipe yiteguye ndetse agaragaza amakipe ahereza amahirwe menshi.

Yagize ati " Iki kizaba ari Igikombe cy’Isi cya mbere aho amakipe yose azitabira azaba yiteguye neza kandi afite imbaraga zijya kungana. U Bufaransa, Brazil, Espagne, ndetse n’andi makipe nk'atanu muri rusange, yose afite ubushobozi bwo kucyegukana. Tugomba kwitondera cyane ikipe ya Brazil na Carlo Ancelotti urimo kuyitoza."

Uyu mukinnyi yatangaje kandi ko abakinnyi barimo Neymar Jr na Cristiano Ronaldo bakwiye agaciro bitewe n'ibyo bakoze mu mupira w'amagaru nubwo nta n'umwe uratwara igikombe cy'Isi.

Yagize ati " Ikipe ya Brazil yahoranye izina rikomeye ryo guhatanira igikombe, kandi imeze nk’uko Real Madrid imeze mu makipe y’ibihugu. Ntekereza ko Neymar agomba gusubira mu ikipe y’igihugu, kandi isi y’umupira w’amaguru ifitiye Neymar na Cristiano Ronaldo umwenda w’icyubahiro gikomeye, gihwanye n’agaciro kabo n’ibyo bakoze mu mateka y’umupira."

Marcelo ubwo yabazwaga umukinnyi abona ukina muri FC Barcelona yakwifuza ko agurwa na Real Madrid, atungurana avuga Pedri mu gihe benshi baba bavuga Lamine Yamal. Uyu mukinnyi avuga ko imikinire ya Pedri abona yahura n'iya Real Madrid.

Yagize ati " Mbaye ndi uwuhitamo nazana Pedri muri Real Madrid kuko imikinire ye ihura neza n'iya Real Madrid. Abantu benshi bahitamo Lamine Yamal ariko njyewe uko mbitekereza nahitamo gusinyisha Pedri cyane."

Marcelo Vieira da Silva Júnior yakiniye Real Madrid kuva muri 2007 kugeza 2022, mbere yaho yakinnye muri Fluminese naho nyuma yo gusohoka muri Real Madrid yakinnye muri Olympiacos ndetse yongera gusubira iwabo muri Brazil muri Fluminese.

Marcelo wakiniye Real Madrid abona Pedri yakisanga mu mikinire y'iyi kipe 

Pedri Gonzalez ukina mu kibuga hagati muri FC Barcelona 

Nubwo Lamine Yamal akundwa na benshi ariko Marcelo abona muri Real Madrid atabamo mwiza

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Marcelo yatangaje umukinnyi abona uri muri FC Barcelona yakifuza ko yagurwa na Real Madrid

Dec 20, 2025 - 09:30
Dec 20, 2025 - 11:38
 0
Marcelo yatangaje umukinnyi abona uri muri FC Barcelona yakifuza ko yagurwa na Real Madrid

Myugariro wakiniye Real Madrid, Marcelo Vieira da Silva Júnior, yatangaje umukinnyi ukina muri FC Barcelona abona Real Madrid yagura atungurana avuga Pedri Gonzalez.


Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye na El Chilingito, agaruka kuri byinshi birimo urugendo rwe rwo kwerekeza muri Real Madrid ndetse n'uko abona igikombe cy'Isi kizaba umwaka utaha wa 2026 muri Leta zunze ubumwe z'Amerika, Mexico na Canada.

Marcelo wakinaga yugarira ku ruhande rw'ibumoso, yatangaje ko igikombe cy'Isi cya 2026, kizaba ari cyo gikombe kitabiriwe n'amakipe yiteguye ndetse agaragaza amakipe ahereza amahirwe menshi.

Yagize ati " Iki kizaba ari Igikombe cy’Isi cya mbere aho amakipe yose azitabira azaba yiteguye neza kandi afite imbaraga zijya kungana. U Bufaransa, Brazil, Espagne, ndetse n’andi makipe nk'atanu muri rusange, yose afite ubushobozi bwo kucyegukana. Tugomba kwitondera cyane ikipe ya Brazil na Carlo Ancelotti urimo kuyitoza."

Uyu mukinnyi yatangaje kandi ko abakinnyi barimo Neymar Jr na Cristiano Ronaldo bakwiye agaciro bitewe n'ibyo bakoze mu mupira w'amagaru nubwo nta n'umwe uratwara igikombe cy'Isi.

Yagize ati " Ikipe ya Brazil yahoranye izina rikomeye ryo guhatanira igikombe, kandi imeze nk’uko Real Madrid imeze mu makipe y’ibihugu. Ntekereza ko Neymar agomba gusubira mu ikipe y’igihugu, kandi isi y’umupira w’amaguru ifitiye Neymar na Cristiano Ronaldo umwenda w’icyubahiro gikomeye, gihwanye n’agaciro kabo n’ibyo bakoze mu mateka y’umupira."

Marcelo ubwo yabazwaga umukinnyi abona ukina muri FC Barcelona yakwifuza ko agurwa na Real Madrid, atungurana avuga Pedri mu gihe benshi baba bavuga Lamine Yamal. Uyu mukinnyi avuga ko imikinire ya Pedri abona yahura n'iya Real Madrid.

Yagize ati " Mbaye ndi uwuhitamo nazana Pedri muri Real Madrid kuko imikinire ye ihura neza n'iya Real Madrid. Abantu benshi bahitamo Lamine Yamal ariko njyewe uko mbitekereza nahitamo gusinyisha Pedri cyane."

Marcelo Vieira da Silva Júnior yakiniye Real Madrid kuva muri 2007 kugeza 2022, mbere yaho yakinnye muri Fluminese naho nyuma yo gusohoka muri Real Madrid yakinnye muri Olympiacos ndetse yongera gusubira iwabo muri Brazil muri Fluminese.

Marcelo wakiniye Real Madrid abona Pedri yakisanga mu mikinire y'iyi kipe 

Pedri Gonzalez ukina mu kibuga hagati muri FC Barcelona 

Nubwo Lamine Yamal akundwa na benshi ariko Marcelo abona muri Real Madrid atabamo mwiza