M23 yigaruriye utundi duce muri Kivu y’Amajyepfo
Umutwe wa AFC/M23 wongeye kwagura ibice ugenzura mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho kuri uyu wa Mbere tariki ya 24 Ugushyingo wigaruriye agace ka Kilungutwe ko mu Teritwari ya Mwenga.
Amakuru yemeza ko muri iyi mirwano, AFC/M23 yabashije gufata intwaro nyinshi, nyuma yo gutsinda ingabo za Leta ya Congo (FARDC) zari ziri muri aka gace.
Uretse Kilungutwe, AFC/M23 yanigaruriye agace ka Kimbili gaherereye muri Teritwari ya Shabunda, aho ingabo za FARDC zari zimaze icyumweru zihungiye nyuma yo kuraswa bikomeye na M23.
Amakuru akomeza avuga ko AFC/M23 yongeye gufata n’agace ka Nyarubemba, bikaba bikomeza kugaragaza ko uyu mutwe ukomeje kwagura ibikorwa byawo mu bice bitandukanye bya Kivu y’Amajyepfo.
Kugeza ubu, ubuyobozi bwa FARDC ntiburagira icyo butangaza kuri ibi bikorwa bya gisirikare bikomeje kugaragara muri utu duce twa Shabunda na Mwenga.


Kinyarwanda
English
Swahili









