Liverpool FC n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa babuze umukinnyi ngenderwaho
Umukinnyi mpuzamahanga w’u Bufaransa Hugo Ekitike ashobora kutazakina Igikombe cy’Isi cya 2026 nyuma yo gukomereka bikomeye umutsi uhuza agatsinsino n’imikaya y’inyuma ku kuguru.
Ibi byabaye ubwo Liverpool FC yatsindwaga na Paris Saint-Germain mu mukino wa UEFA Champions League warangiye ikipe ya PSG itsinze ibitego 2-0.
Ibinyamakuru byo mu Bufaransa birimo L’Équipe kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Mata 2026, byatangaje ko uyu rutahizamu wa Liverpool FC w’imyaka 23 yavunitse mu buryo bukomeye aho bivugwa ko azongera kugaruka mu kibuga mu kwezi kwa Mutarama 2027.
Ekitike amaze gutsindira Liverpool ibitego 17 mu marushanwa yose kuva yayigeramo avuye muri Eintracht Frankfurt mu mpeshyi ishize, aguzwe amafaranga agera kuri miliyoni 69 z’amapawundi.
Yakomerekeye kuri stade ya Liverpool FC, Anfield, abaganga bagaragaza ko ikibazo uyu musore yagize kiri ku gatsinsino ke mu mukino Liverpool yatsinzwemo 2-0, igasezererwa muri UEFA Champions League ku giteranyo cy’ibitego 4-0.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Bufaransa ntiryahise rigira icyo ritangaza kuri aya makuru. Igikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Mexico na Canada kuva ku ya 11 Kamena kugeza ku ya 19 Nyakanga 2026.
Ekitike amaze gutsindira igihugu cye ibitego bibiri, harimo icyo yatsinze Ukraine mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi, ndetse na Brazil mu mukino wa gicuti. Muri rusange amaze gukinira Ubufaransa imikino umunani, kandi yari amaze gutangira kumenyekana nk’umusimbura ukomeye wa rutahizamu wa Real Madrid, Kylian Mbappé.


Kinyarwanda
English
Swahili









