issa
Kigali: Polisi yafashe Umugore wari ubitse udupfunyika tw'urumogi 750 ku musego

Kigali: Polisi yafashe Umugore wari ubitse udupfunyika tw'urumogi 750 ku musego

Dec 12, 2025 - 11:37
 0

Mu mujyi wa Kigali, Polisi yafashe Mukandayisenga Solange wari ufite udupfunyika 800 tw'urumogi harimo 750 yari yarahishe ku musego w'uburiri ndetse na 50 yari yarahishe mu murima w'ibigori.


‎Ibi byabaye ku wa Kane tariki 11 Ukuboza 2025, aho ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) rikorera mu mujyi wa Kigali ryafashe umugore witwa Mukandayisenga Solange w'imyaka 40 afite udupfunyika tw'urumogi tungana na 800. Uyu mugore yafatiwe mu karere ka Gasabo mu Murenge wa Gisozi, Akagali ka Ruhango, Umududugidu wa Kanyinya.

‎Mukandayisenga Solange yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n'abaturage bavuze ko asanzwe acuruza urumogi, maze abapolisi binjira iwe mu rugo basatse inzu bamusangana udupfunyika 750 ku musego w'igitanda n'utundi 50 yari yahishe mu murima w'ibigori uri ku irembo. 

‎‎Akimara gufatwa yemeye ko uru urumogi ari urwe kandi asanzwe arucuruza ariko yanga kugaragaza aho arurangura. Polisi y'u Rwanda ivuga ko uyu mugore afungiye kuri Station ya Gisozi, ndetse ko dosiye yamaze gushyikirizwa Urwego rw'Ubugenzacyaha RIB kugirango akurikiranweho icyaha cyo gucuruza ibiyobyabwenge.

‎‎‎Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yatangaje ko Polisi y’igihugu ishimira abantu batanga amakuru uru rumogi rugafatwa rutarakwirakwizwa mu baturagendetse yibutsa abaturage gukomeza gutanga amakuru kugira ngo abakora ibi bikorwa bakomeze bafatwe.

Yagize ati " Polisi y’igihugu ishimira abantu batanga amakuru uru rumogi rugafatwa rutarakwirakwizwa mu baturage. Iki ni ikimenyetso gikomeye cy’ubufatanye bwa Polisi n’abaturage mu kurwanya ibiyobyabwenge no gutahura abanyabyaha. Polisi iributsa abaturarwanda gukomeza gutanga amakuru ku bantu bazwiho gucuruza ibiyobyabwenge kugirango bafatwe kuko bagira uruhare mu kwangiza ubuzima bw’abaturage."

‎Polisi y’igihugu iraburira abantu bishora mu bikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge kubireka bagashaka ibindi bakora kuko uburyo bwose bakoresha bwamenyekanye. Polisi ivuga ko amayeri abacuruza ibiyobyabwenge bari gukoresha yo gufata udukapu bagaheka kuri moto kandi harimo ibiyobyabwenge babumenye. Polisi Kandi Isaba ko abantu babireka bagashaka ibindi bakora bibateza imbere, nta muntu wakize kuko acuruza ibiyobyabwenge, uretse gufatwa agafungwa ubuzima bukangirika.

‎Mu Rwanda urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho uhamijwe n’urukiko ibikorwa byo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu ya Milliyoni 20,000,000 y'amafaranga y'u Rwanda, ariko atarenze 30,000,000.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Kigali: Polisi yafashe Umugore wari ubitse udupfunyika tw'urumogi 750 ku musego

Dec 12, 2025 - 11:37
Dec 12, 2025 - 11:54
 0
Kigali: Polisi yafashe Umugore wari ubitse udupfunyika tw'urumogi 750 ku musego

Mu mujyi wa Kigali, Polisi yafashe Mukandayisenga Solange wari ufite udupfunyika 800 tw'urumogi harimo 750 yari yarahishe ku musego w'uburiri ndetse na 50 yari yarahishe mu murima w'ibigori.


‎Ibi byabaye ku wa Kane tariki 11 Ukuboza 2025, aho ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) rikorera mu mujyi wa Kigali ryafashe umugore witwa Mukandayisenga Solange w'imyaka 40 afite udupfunyika tw'urumogi tungana na 800. Uyu mugore yafatiwe mu karere ka Gasabo mu Murenge wa Gisozi, Akagali ka Ruhango, Umududugidu wa Kanyinya.

‎Mukandayisenga Solange yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n'abaturage bavuze ko asanzwe acuruza urumogi, maze abapolisi binjira iwe mu rugo basatse inzu bamusangana udupfunyika 750 ku musego w'igitanda n'utundi 50 yari yahishe mu murima w'ibigori uri ku irembo. 

‎‎Akimara gufatwa yemeye ko uru urumogi ari urwe kandi asanzwe arucuruza ariko yanga kugaragaza aho arurangura. Polisi y'u Rwanda ivuga ko uyu mugore afungiye kuri Station ya Gisozi, ndetse ko dosiye yamaze gushyikirizwa Urwego rw'Ubugenzacyaha RIB kugirango akurikiranweho icyaha cyo gucuruza ibiyobyabwenge.

‎‎‎Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yatangaje ko Polisi y’igihugu ishimira abantu batanga amakuru uru rumogi rugafatwa rutarakwirakwizwa mu baturagendetse yibutsa abaturage gukomeza gutanga amakuru kugira ngo abakora ibi bikorwa bakomeze bafatwe.

Yagize ati " Polisi y’igihugu ishimira abantu batanga amakuru uru rumogi rugafatwa rutarakwirakwizwa mu baturage. Iki ni ikimenyetso gikomeye cy’ubufatanye bwa Polisi n’abaturage mu kurwanya ibiyobyabwenge no gutahura abanyabyaha. Polisi iributsa abaturarwanda gukomeza gutanga amakuru ku bantu bazwiho gucuruza ibiyobyabwenge kugirango bafatwe kuko bagira uruhare mu kwangiza ubuzima bw’abaturage."

‎Polisi y’igihugu iraburira abantu bishora mu bikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge kubireka bagashaka ibindi bakora kuko uburyo bwose bakoresha bwamenyekanye. Polisi ivuga ko amayeri abacuruza ibiyobyabwenge bari gukoresha yo gufata udukapu bagaheka kuri moto kandi harimo ibiyobyabwenge babumenye. Polisi Kandi Isaba ko abantu babireka bagashaka ibindi bakora bibateza imbere, nta muntu wakize kuko acuruza ibiyobyabwenge, uretse gufatwa agafungwa ubuzima bukangirika.

‎Mu Rwanda urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho uhamijwe n’urukiko ibikorwa byo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu ya Milliyoni 20,000,000 y'amafaranga y'u Rwanda, ariko atarenze 30,000,000.