Iran yateye utwatsi nyiranterangwa ya Perezida Trump
Ku wa 05 Mata 2026 Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Donald Jr Trump yanditse ubutumwa bwinshi atanga amakuru ku ntambara igihugu ayoboye gifatanyije na Israel bagabye kuri Iran. Trump yavuze ko ku wa 07 Mata 2026 Iran itegetswe gufungura umuhora wa Hormuz, unyuzwamo ibikomoka kuri peteroli isi ikoresha ku kigero cya 20%.
Nyuma y’uko abayobozi b’umutwe wa gisirikare udasanzwe’IRGC’ ari nabo bafunze umuhora wa Hormuz, bakuriye inzira ku murima Trump bamumenyesha ko ibyo atekereza ari inzozi, bamusaba gukanguka kuko bwakeye.
Mu gitondo cyo ku wa 06 Mata 2026 ALJAZEERA yanditse ko icyifuzo cya Trump uruhande rwa Iran rwagiciye amazi kandi ko nta gahunda y’agahenge itegerejwe vuba.
Donald Trump yaburiye Iran ko nibadafungura uriya muhora wa Hormuz, ibitero by’Amerika na Israel muri Iran bizatangira gushwanyaguza ibikorwaremezo bitanga amazi n’umuriro, ndetse n’ibiraro bikoreshwa mu guhuza ibice bimwe na bimwe byo muri Iran bizasenywa. Nubundi intambara yo irakomeje bitewe n’igitero Iran yagabweho kigahitana inzirakarengane 34 n’abana batandatu.
Iran nayo ikomeje kwihorera, yarashe ku nyubako yo guturamo ahitwa Haifa muri Israel, ihitana abantu babiri, abandi bane barakomereka bikabije. Iran kandi yakomeje ibitero muri Kowete na Bahrain aho yarashe ku ngomero zitanga amazi n’amashanyarazi, n’inganda zitunganya ibikomoka kuri peteroli.


Kinyarwanda
English
Swahili








