Guverinoma yemeje ingengo y’imari ya miliyari 7 Frw ku mwaka wa 2025/2026
Guverinoma y’u Rwanda yemeje ingengo y’imari y’igihugu irenga miliyari 7 z’amafaranga y’u Rwanda (Frw) ku mwaka w’ingengo y’imari wa 2025/2026, ikaba yiyongereyeho 21% ugereranyije n’ingengo y’imari yagenwe nyuma yo kuvugururwa ku mwaka wa 2024/2025.
Nk’uko byagaragajwe mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yayobowe na Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yabereye muri Village Urugwiro ku wa 9 Kamena, iyi ngengo y’imari yazamuwe kugira ngo ishyigikire ibyihutirwa by’igihugu, birimo kubaka Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali gishya, ndetse n’imishinga minini igamije guteza imbere imyanya y’imirimo, kongera inganda no kuzamura umusaruro w’ubuhinzi.
Ibindi bikorwa by’ingenzi biteganyijwe harimo: Kongera amahirwe yo kubona inzu ziciriritse kandi zifite ibyangombwa, amashanyarazi, amazi meza n’isuku, hamwe no kunoza serivisi rusange zirimo ubwikorezi, uburezi n’ubuvuzi.
Kimwe mu byihariye kuri iyi ngengo y’imari nshya ni uko igizwe n’igice kinini gituruka imbere mu gihugu. Guverinoma yashimangiye ko amafaranga menshi azava imbere mu gihugu, ikimenyetso cy’iterambere rirambye rishingiye ku kwigira.
Amafaranga ateganyijwe ku ngengo y’imari ya 2025/2026 agizwe na miliyari 4,105.2 z’amafaranga y’u Rwanda aturuka imbere mu gihugu harimo miliyari 3,628.0 z’imisoro na miliyari 477.2 aturuka mu bindi bikorwa bitari imisoro. Inkunga ituruka hanze y’igihugu iteganyijwe kugera kuri miliyari 585.2, mu gihe inguzanyo zituruka hanze ziteganyijwe kugera kuri miliyari 2,151.9.
Ku ruhande rw’imikoreshereze, ingengo y’imari ya miliyari 7,032.5 izaba igizwe na miliyari 4,395.1 z’amafaranga y’u Rwanda azakoreshwa mu bikorwa bisanzwe nk’imishahara, na miliyari 2,637.4 z’amafaranga y’u Rwanda azajya mu ishoramari ry’ibikorwa remezo.
Iyi mishinga y’ingengo y’imari izashyikirizwa Inteko Ishinga Amategeko kugira ngo iyisuzume kandi iyemeze mbere y’uko itangira gushyirwa mu bikorwa ku itariki ya 1 Nyakanga.


Kinyarwanda
English
Swahili









