issa
Inyeshyamba za Bakata Katanga zateze igico FARDC hapfamo abantu umunani

Inyeshyamba za Bakata Katanga zateze igico FARDC hapfamo abantu umunani

Jan 12, 2026 - 10:02
 0

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 11 Mutarama, abantu umunani bahasize ubuzima abandi benshi barakomereka mu mirwano ikaze yahuje abarwanyi bo mu mutwe wa Bakata Katanga n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yabereye mu gace ka Bukama, mu Ntara ya Haut-Lomami.


Nk’uko byemejwe n’umuyobozi w’agateganyo wa teritwari, abakomerekejwe n’amasasu bameze nabi ku buryo bakeneye kwimurirwa mu bigo nderabuzima bifite ibikoresho bihagije, kugira ngo bahabwe ubuvuzi bwihuse kandi bunoze.

Uyu muyobozi, Madou Kalenga, yasobanuye ko iyo mirwano yatangiye ubwo ingabo za FARDC zari zije kongerera ingufu bagenzi babo, ariko zigahita zigwa mu gico cy’abarwanyi ba Bakata Katanga.

Radio Okapi ivuga ko umutekano wakomeje kuba muke muri aka gace, mu gihe abaturage bakomeje guhunga imirwano, bagashaka aho bikinga kubera umutekano ukomeje kuba muke.

Inyeshyamba za Bakata Katanga zateze igico FARDC hapfamo abantu umunani

Jan 12, 2026 - 10:02
 0
Inyeshyamba za Bakata Katanga zateze igico FARDC hapfamo abantu umunani

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 11 Mutarama, abantu umunani bahasize ubuzima abandi benshi barakomereka mu mirwano ikaze yahuje abarwanyi bo mu mutwe wa Bakata Katanga n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yabereye mu gace ka Bukama, mu Ntara ya Haut-Lomami.


Nk’uko byemejwe n’umuyobozi w’agateganyo wa teritwari, abakomerekejwe n’amasasu bameze nabi ku buryo bakeneye kwimurirwa mu bigo nderabuzima bifite ibikoresho bihagije, kugira ngo bahabwe ubuvuzi bwihuse kandi bunoze.

Uyu muyobozi, Madou Kalenga, yasobanuye ko iyo mirwano yatangiye ubwo ingabo za FARDC zari zije kongerera ingufu bagenzi babo, ariko zigahita zigwa mu gico cy’abarwanyi ba Bakata Katanga.

Radio Okapi ivuga ko umutekano wakomeje kuba muke muri aka gace, mu gihe abaturage bakomeje guhunga imirwano, bagashaka aho bikinga kubera umutekano ukomeje kuba muke.