Imirwano ikomeye hagati ya Wazalendo na M23 yadukiriye akandi gace
Imirwano ikomeye hagati y’umutwe wa Wazalendo uri mu kwaha kwa Leta ya Congo n’abarwanyi ba AFC/M23, wadukiriye agace ka Kashuga muri teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.
Ni imirwano yatangiye ahagana saa 05h00 z’urukerera kuri uyu wa Kabiri taliki 29 Mata 2025, aho wazalendo yagabye ibitero muri aka gace kabarizwa muri Lokalite ya Kalembe.
Uwahaye amakuru ikinyamakuru Kivu Morning Post, yakibwiye ko mu masaha y’urukerera Wazalendo yarekuye urufaya rw’amasasu muri santire ya Kashuga. Uyu mutangabuhamya avuga ko ngo barimo bidedembya muri ako gace nyuma y’uko M23 ihakuye abasirikare bayo.
Kuva ubwo ibintu byakomeje kuba bibi abaturage bifungirana mu mazu batinya ko bagerwaho n’amasasu kuko ngo hakoreshwaga imbunda ziremereye.
Uwatanze amakuru ati: “ Turi mu byago, Wazalendo irakidedembya mu gasantire ka Kashuga. Ntituzi ikiri buze gukurikiraho.”
Hari ubwoba ko ubukana bw’imirwano bwakwiyongera kuko ngo ku dusozi dukikije Kalembe twamaze gushyirwaho imbunda ziremereye, bigaragare ko ngo urugamba rushobora gukaza umurego.
Iyi mirwano yabaye ikurikira indi iherutse, kubera mu gace ka Mihara gahana imbibi na Kashuga mu minsi micye ishize, aho nabwo Wazalendo yagabye ibitero kuri M23 ariko ibasha kwirwanaho inarwana ku baturage.


Kinyarwanda
English
Swahili









