issa
Ibyo wamenya kuri 'Checkmate' EP ya Ray G yakozweho n'Abanyarwanda mu ngeri zose

Ibyo wamenya kuri 'Checkmate' EP ya Ray G yakozweho n'Abanyarwanda mu ngeri zose

Aug 30, 2025 - 21:30
 0

Ku wa 28 Kamena 2025, ni bwo umuhanzi Reagan Muhairwe uzwi mu muziki nka Ray G, yashyize hanze umuzingo muto (EP) yise 'Checkmate', igizwe n'indirimbo 6 zarambitsweho ibiganza n'Abanyarwanda mu ngeri zitandukanye.


Uyu muhanzi wo muri Uganda ukunzwe cyane mu Burengerazuba bw'iki gihugu, aho anakomoka, yamenyekanye cyane mu ndirimbo nka 'Make A Way', 'Owangye', 'Omusheshe' ari kumwe na Spice Diana, n'izindi.

Umuzingo 'Checkmate' wa Ray G, ugizwe n'indirimbo 6 zirimo 'Enyana 100', 'Ow'eishe', 'Hama' yakoranye na Bruce Melodie, 'Kunu', 'Omwerere', na 'Every Day' yakoranye na Elijah Kitaka. Izi ndirimbo zigera kuri 6 zakozwe n'Abanyarwanda kuva ku bahanzi, abatunganya amajwi (Producers), ndetse n'abatunganya amashusho.

Bob Pro uzwi mu gutunganya amajwi ndetse no kuyanononsora mu Rwanda, kuri iyi EP yakoze ku ndirimbo 4 zirimo, 'Enyana 100', 'Owe'eishe' yumvikanamo cyane umudiho nyarwanda, 'Kunu', na 'Omwerere'. Prince Kiiiz na we umaze kubaka izina mu gutunganya amajwi y'indirimbo ndetse akanaririmba, yakoze ku ndirimbo 'Hama' Ray G yakoranye na Bruce Melodie.

Aba-producers batunganyije amajwi y'indirimbo ziri kuri EP ya Ray G 

Uretse abatunganyije amajwi bo mu Rwanda, hari n'abo mu gihugu cya Uganda bakoze kuri iyi EP, nka Producer Instramento wakoze ku ndirimbo 'Owe'eishe' yakunzwe cyane, na 'Every Day', undi wayikozeho ni Producer Bruno, ku ndirimbo 'Kunu'.

Indirimbo ebyiri kuri iyi EP nizo zimaze gukorerwa amashusho, nayo akaba yarakoze n'Abanyarwanda. Iya mbere yakorewe amashusho ni 'Hama', akaba yarakozwe na Fayzo Pro, iya kabiri ni 'Owe'eishe', amashusho yayo akaba yarakozwe na Gad ugezweho cyane mu Rwanda.

Anselme Tuyizere Media Personality/Sports-Entertainment Tel:+250791737786 Email: anselmetuyizere07@gmail.com

Ibyo wamenya kuri 'Checkmate' EP ya Ray G yakozweho n'Abanyarwanda mu ngeri zose

Aug 30, 2025 - 21:30
Aug 30, 2025 - 21:31
 0
Ibyo wamenya kuri 'Checkmate' EP ya Ray G yakozweho n'Abanyarwanda mu ngeri zose

Ku wa 28 Kamena 2025, ni bwo umuhanzi Reagan Muhairwe uzwi mu muziki nka Ray G, yashyize hanze umuzingo muto (EP) yise 'Checkmate', igizwe n'indirimbo 6 zarambitsweho ibiganza n'Abanyarwanda mu ngeri zitandukanye.


Uyu muhanzi wo muri Uganda ukunzwe cyane mu Burengerazuba bw'iki gihugu, aho anakomoka, yamenyekanye cyane mu ndirimbo nka 'Make A Way', 'Owangye', 'Omusheshe' ari kumwe na Spice Diana, n'izindi.

Umuzingo 'Checkmate' wa Ray G, ugizwe n'indirimbo 6 zirimo 'Enyana 100', 'Ow'eishe', 'Hama' yakoranye na Bruce Melodie, 'Kunu', 'Omwerere', na 'Every Day' yakoranye na Elijah Kitaka. Izi ndirimbo zigera kuri 6 zakozwe n'Abanyarwanda kuva ku bahanzi, abatunganya amajwi (Producers), ndetse n'abatunganya amashusho.

Bob Pro uzwi mu gutunganya amajwi ndetse no kuyanononsora mu Rwanda, kuri iyi EP yakoze ku ndirimbo 4 zirimo, 'Enyana 100', 'Owe'eishe' yumvikanamo cyane umudiho nyarwanda, 'Kunu', na 'Omwerere'. Prince Kiiiz na we umaze kubaka izina mu gutunganya amajwi y'indirimbo ndetse akanaririmba, yakoze ku ndirimbo 'Hama' Ray G yakoranye na Bruce Melodie.

Aba-producers batunganyije amajwi y'indirimbo ziri kuri EP ya Ray G 

Uretse abatunganyije amajwi bo mu Rwanda, hari n'abo mu gihugu cya Uganda bakoze kuri iyi EP, nka Producer Instramento wakoze ku ndirimbo 'Owe'eishe' yakunzwe cyane, na 'Every Day', undi wayikozeho ni Producer Bruno, ku ndirimbo 'Kunu'.

Indirimbo ebyiri kuri iyi EP nizo zimaze gukorerwa amashusho, nayo akaba yarakoze n'Abanyarwanda. Iya mbere yakorewe amashusho ni 'Hama', akaba yarakozwe na Fayzo Pro, iya kabiri ni 'Owe'eishe', amashusho yayo akaba yarakozwe na Gad ugezweho cyane mu Rwanda.