Harimo iyo mu Rwanda! FIFA yasohoye amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi
Impuzamashyirahamwe y'umupira w'amagaru ku Isi, FIFA, yongeye gutangaza amakipe ari mu bihano kubera kutishyura abakinnyi n'abatoza.
Mu ijoro ryo ku wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, nibwo Impuzamashyirahamwe y'umupira w'amagaru ku Isi FIFA yatangaje amakipe akiri mu bihano kubera kutishyura abakinnyi ndetse n'abatoza. Amwe mu makipe yari arimo mu bihe byashize harimo Kiyovu Sports ndetse na Rayon Sports ariko ubu yamaze kuvamo.
Ikipe zitandukanye muri Afurika kandi zikomeye ziri kuri uru rutonde ariko ikipe ya Vision FC ikina Shampiyona y'icyiciro cya Kabiri hano mu Rwanda, nayo yisanze itemerewe kwandikisha abakinnyi kubera hari abatoza ndetse n'abakinnyi itarishyura bayireze muri FIFA.
Ikipe zikomeye muri Afurika ziri kuri uru rutonde rwasohowe na FIFA, zirimo CR Belouizdad, AS Vita Club, Al Ahly Bengazi, Singda Black Stars ndetse na Zamalek SC. Izindi kipe zirimo Wiliete SC, Vision FC, Ngezi Platinum FC, Kengold SC, TS Galaxy, Free State Stars, Nkana FC, Africa Sports d’Abidjan, Al Nasr, Sagrada Esperança, TRA United SC, St George SC na Al Falah Atbara.
Umupira w'amagaru muri Afurika ukomeje guhura n'ibibazo cyane by'amikoro ariko akenshi biterwa no kugura abakinnyi cyangwa abatoza batabanje kwitabwaho baza ntibatange umusaruro bikarangira birukanwe kwishyurwa bikaba ibintu bikomeye.
Vision FC yahawe ibihano nyuma yo kutishyura abakinnyi n'abatoza


Kinyarwanda
English
Swahili









