Hagaragaye ubwirakabiri mu bice bitandukanye by’Isi
Abaturage batuye ku migabane itandukanye yo ku Isi irimo Aziya na Afurika ndetse n’Uburayi babonye ukwezi kwabaye nk’amaraso kwagaragaye ubwirakabiri, ibyo abanyarwanda bakunze kwita ubwirakabi aho Ukwezi kuba gusa nk’amaraso.
Ubwirakabiri bwatangiye kugaragara Saa 17:30 za nimugoroba ku isaha ngengamasaha burangira Saa 18:52.
Kugira ngo habeho ukwezi kw’amaraso cyangwa ‘blood moon’ biterwa n’uko Izuba, Isi n’ukwezi bijya ku murongo umwe, ibyo bituma Isi ijya hagati y’Izuba n’Ukwezi bigatuma imirasire y’izuba itabasha kugera ku ukwezi neza aho kugira ngo gukomeze kugaragare neza, ukwezi kugaragara mu ibara ritukura cyane.
Ubu Bwirakabiri bwanabonywe n’abaturage bo mu m’Umujyi wa Kigali ndetse no mu Ntara zitandukanye,saa moya z’ijoro zo ku Cyumweru no mu bindi bihugo byo ku migabane itandukanye irimo uwa Afurika y’Iburasirazuba,Aziya nko m’u Buhinde no m’u Budage no ku mugabane w’u Burayi ndetse no mu Burengerazuba bwo muri Australia
Ubwirakabiri bumeze gutya bwaherukaga mu 2022 no muri Werurwe 2025.


Kinyarwanda
English
Swahili









