Gisagara: hamaze kubarurwa inzu zirindwi n’ikiraro byasenywe n’ibiza

Gisagara: hamaze kubarurwa inzu zirindwi n’ikiraro byasenywe n’ibiza

Mar 24, 2025 - 09:22
 0

Mu Karere ka Gisagara mu mirenge ya Mamba na Gishubi, hamaze kubarurwa inzu zirindwi n’ikiraro byasenywe n’ibiza by'imvura.


Ikiraro cyasenyutse ni igiherereye mu gishanga gicukurwamo Nyiramugengeri kiba hagati y’Imirenge ya Mamba na Musha.

Ni Ibiza byatewe n’imvura iherutse kugwa igatinda guhita mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru taliki 23 Werurwe 2025. Amakuru avuga ko amazi yiyi mvura  yinjiye mu nkuta z’inzu zo mu Mirenge yavuzwe haruguru zirasoma zirasenyuka.

Ayo mazi kandi yasenye umwe mu miferege wari waratunganyijwe ngo ujye ureka amazi atambuke ntasenyere abawuturiye. Wasakambuye kandi amabati harimo n’ay’inzu y’umugore w’imyaka 42 ufite abana batanu none umuryango wabaye ucumbikiwe n’abaturanyi.

Amabati 20 y’inzu y’umugabo w’imyaka 53 yajyanye n’igisenge cyagurutse kandi iyo nzu yari ituwemo n’umuryango w’abantu barindwi.

Icyakora abashinzwe imicungire y’ibiza ndetse n’ubuyobozi bw’Akarere, bakurikiraniye hafi ibyangijwe n’ibi biza, kugira ngo abo byibasiye bagobokwe.

 

Gisagara: hamaze kubarurwa inzu zirindwi n’ikiraro byasenywe n’ibiza

Mar 24, 2025 - 09:22
 0
Gisagara: hamaze kubarurwa inzu zirindwi n’ikiraro byasenywe n’ibiza

Mu Karere ka Gisagara mu mirenge ya Mamba na Gishubi, hamaze kubarurwa inzu zirindwi n’ikiraro byasenywe n’ibiza by'imvura.


Ikiraro cyasenyutse ni igiherereye mu gishanga gicukurwamo Nyiramugengeri kiba hagati y’Imirenge ya Mamba na Musha.

Ni Ibiza byatewe n’imvura iherutse kugwa igatinda guhita mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru taliki 23 Werurwe 2025. Amakuru avuga ko amazi yiyi mvura  yinjiye mu nkuta z’inzu zo mu Mirenge yavuzwe haruguru zirasoma zirasenyuka.

Ayo mazi kandi yasenye umwe mu miferege wari waratunganyijwe ngo ujye ureka amazi atambuke ntasenyere abawuturiye. Wasakambuye kandi amabati harimo n’ay’inzu y’umugore w’imyaka 42 ufite abana batanu none umuryango wabaye ucumbikiwe n’abaturanyi.

Amabati 20 y’inzu y’umugabo w’imyaka 53 yajyanye n’igisenge cyagurutse kandi iyo nzu yari ituwemo n’umuryango w’abantu barindwi.

Icyakora abashinzwe imicungire y’ibiza ndetse n’ubuyobozi bw’Akarere, bakurikiraniye hafi ibyangijwe n’ibi biza, kugira ngo abo byibasiye bagobokwe.

 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.