FERWAFA yamaganye imyigaragambyo y'abakunzi ba APR FC
Ubuyobozi bwa FERWAFA ndetse na Rwanda Premier League bwamaganye ibikorwa by'abakunzi ba APR FC bakoze nyuma yo kunganya na Al Merrikh SC 0-0.
Ku cyumweru tariki 18 Mutarama 2026, ikipe ya APR FC yakinnye umukino na Al Merrikh SC urangira ikipe zombi zinganyije ubusa ku busa, ariko abakunzi ba APR FC bataha binubira imisifurire kuko hari igitego cyatsinzwe na Seidu Dauda Yusif kirangwa.
Nyuma y'uyu mukino, abakunzi ba APR FC bamaze iminota 40 banze gusohoka muri Sitade ariko nyuma yo gusohorwa n'abashinzwe umutekano bahise bateranira ku nzu ya FERWAFA bakora imyigaragabyo itarakiriwe neza n'abakunzi benshi b'umupira w'amagaru hano mu Rwanda.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 19 Mutarama 2026, ubuyobozi bwa Rwanda Premier League ndetse na FERWAFA babyutse bamagana ibikorwa by'abakunzi ba APR FC bigaragambije bagateza umutekano mucye ku nzu ikoreramo FERWAFA, i Remera.
Ubu buyobozi kandi bwagaragaje ko abafana badakwiye kwitwaza ibyemezo by'abasifuzi ngo bitume habaho gushyamirana ahubwo umupira ukwiye gushimangira ubumwe n'ubworoherane.
Bagize bati " Tuributsa ko kutishimira ibyemezo by'abasifuzi bidakwiye kuba intandaro yo gushyamirana, ahubwo abakunzi b'umupira w'amaguru bose bakwiye gutegereza inzego zibifitiye ububasha zigafata ibyemezo. Nk'abanyarwanda, umupira w'amaguru ukwiye gushimangira ubumwe n'ubworoherane, nta na rimwe ukwiye kuba impamvu y'ubushyamirane."
Ikipe ya APR FC nyuma yo kunganya na Al Merrikh SC, yagumye ku mwanya wa 3 n'amanota 33. Ni mu gihe kandi Al Merrikh SC yo yagumye ku mwanya wa kane n'amanota 31.


Kinyarwanda
English
Swahili









