FARDC vs M23 : I Walikale biriwe bagundagurana
Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 22 Mata, imirwano yongeye gusubukurwa i Kibati, mu gace ka Walikale, mu majyaruguru ya Kivu, hagati y’igisirikare cya Congo (FARDC), n’abarwanyi ba M23.
Nk’uko ikinyamakuru Actualité.cd, cyabitangaje , cyavuze ko imirwano irimo kugenda isatira Kashebere, ku mupaka uhuza intara za Walikale na Masisi.
Abahaye amakuru iki kinyamakuru bo muri Gurupoma ya Waloa Yungu, bavuze ko bumvise urusaku rw’amasasu mu birindiro bya AFC/M23 mu gace ka Kasopo, ibintu byateye impungenge abatuye muri aka gace.
Hagati aho, iyi mirwano yabaye mu gihe ibiganiro by’I Doha, muri Qatar, hagati ya Leta ya Congo na M23 byasaga n’ibyari byatanze agahenge k’imirwano hagati y’impande zombi.
Mu ntangiro z’uku kwezi kwa Mata, Umutwe wa M23 wafashe icyemezo cyo kuva mu Mujyi wa Walikare, aho wavuze ko iki cyemezo wagifashe ugamije kubahiriza inzira z’ibiganiro by’amahoro.


Kinyarwanda
English
Swahili









