issa
Element na Kevin Kade berekeje muri Amerika

Element na Kevin Kade berekeje muri Amerika

Jul 2, 2025 - 14:23
 0

Abahanzi bagezweho mu Rwanda Element Eleeh na Kevin Kade berekeje muri Amerika aho bitabiriye ‘Rwanda Convention’.


Bahagurutse ku mugoroba wo ku itariki 1 Nyakanga 2025 berekeza muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu gitaramo bazahuriramo na The Ben banakoranye indirimbo yitwa’Sikosa’ ndetse Kevin Kade na Chris Eazy baherutse gusubiramo iyitwa ‘Folomiana’ ya muzehe Makanyaga Abdul.

Aba bahanzi banditse ku mbuga nkoranyambaga bati”Dallas muriteguye?” bashakaga kumvikanisha ko bafite inyota yo gutaramira abanyarwanda bazitabira kiriya gikorwa gihuza abanyarwanda mu bikorwa bitandukanye birimo imikino, ibiganiro,amasengesho, imurikagurisha n’ibitaramo.

Bombi berekeje muri Amerika aho basanze The Ben uhamaze iminsi bakaba bazanahurira ku rubyiniro. Hari amakuru avugwa ko Element Eleeh ashobora kutazagaruka mu Rwanda ariko buriya iminsi izabisobanura. Bibaye yaba yunze mu rya The Ben na Meddy nabo babigenje gutyo mu 2010. Aya makuru tuzakomeza kuyatohoza kugeza hamenyekanye ukuri.

Element na Kevin Kade berekeje muri Amerika

Jul 2, 2025 - 14:23
 0
Element na Kevin Kade berekeje muri Amerika

Abahanzi bagezweho mu Rwanda Element Eleeh na Kevin Kade berekeje muri Amerika aho bitabiriye ‘Rwanda Convention’.


Bahagurutse ku mugoroba wo ku itariki 1 Nyakanga 2025 berekeza muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu gitaramo bazahuriramo na The Ben banakoranye indirimbo yitwa’Sikosa’ ndetse Kevin Kade na Chris Eazy baherutse gusubiramo iyitwa ‘Folomiana’ ya muzehe Makanyaga Abdul.

Aba bahanzi banditse ku mbuga nkoranyambaga bati”Dallas muriteguye?” bashakaga kumvikanisha ko bafite inyota yo gutaramira abanyarwanda bazitabira kiriya gikorwa gihuza abanyarwanda mu bikorwa bitandukanye birimo imikino, ibiganiro,amasengesho, imurikagurisha n’ibitaramo.

Bombi berekeje muri Amerika aho basanze The Ben uhamaze iminsi bakaba bazanahurira ku rubyiniro. Hari amakuru avugwa ko Element Eleeh ashobora kutazagaruka mu Rwanda ariko buriya iminsi izabisobanura. Bibaye yaba yunze mu rya The Ben na Meddy nabo babigenje gutyo mu 2010. Aya makuru tuzakomeza kuyatohoza kugeza hamenyekanye ukuri.