DRC: Uwahoze ari Guverineri yisunze AFC/M23
Uwahoze ari guverineri w’Intara ya Sankuru, Joseph-Stéphane Mukumadi, yatangaje ku mugaragaro ko yinjiye mu Ihuriro rya AFC/M23, mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa kane taliki 03 Mata 2025.Yinjiye muri uyu mutwe mu rwego avuga ko ari urwo gushyigikira impinduramatwara y'aba barwanyi.
Yagize ati” "Ndi umunyamuryango wa AFC, ndashaka kungurana ibitekerezo n'umuhuzabikorwa w’uyu mutwe ku bibazo bireba Repubulika. Ndizera ko inzira zose zo gukuraho abasenya igihugu ziboneye. Ndahamagarira Abanyekongo kwibona muri iyi mpinduramatwara".
Uyu wahoze ari guverineri yamaganye ibyo asobanura nko gufata bugwate igihugu na rubanda rugufi bikorwa n'ubutegetsi. Joseph Makumadi, yemeza ko ihuriro rya AFC, ariryo rishobora gutanga ibyiringiro by’igihe kirekire
Icyo gihe ngo Kandidatire ye yarwanijwe cyane cyane n'uwahoze ari minisitiri w'itumanaho Lambert Mende
Muri Gashyantare 2025, ishyaka rye, Action des Démocrates (AD), ryikuye mu ihuriro ry’ishyaka ‘USN’ ribarizwamo Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Joseph Mukumadi yashimye kandi uruhare rw’umuhuzabikorwa wa AFC, Corneille Nangaa, ngo afata nk’umuhuza w’abanga akarengane muri Congo..
Uyu Josepho aje muri AFC/M23 , yiyongera kuri Jean-Jacques Mamba wabaye umwe mu barwanashyaka bakuru b’ishyaka MLC ndetse na Thomas Lubanga uherutse gutangaza ko yifatanyije n’uyu mutwe ubwo yari mu Bubiligi. Ni mu gihe ubwo M23 yafataga Goma na Bukavu hari abasirikare benshi ba FARDC na Wazalendo bahisemo kubisunga bafatanya urugamba.


Kinyarwanda
English
Swahili









