USA n'u Burayi bahagurukiye rimwe nyuma yo kumva ko Uvira yafashwe
Mu gitondo ku wa 10 Ukuboza 2025, nibwo amakuru yatangiye gucicikana ndetse n'amashusho atandukanye yerekana abarwanyi ba AFC/M23 binjira mu mujyi wa Uvira ku mirongo miremire y'urugamba bakomeza berekeza ku mu paka uhuza Repubulika ya Demokalasi ya Congo n'u Burundi. Nyuma y'uko aya makuru abaye kimomo ibihugu bya rutura birimo Amerika, Ububiligi, Ubufaransa n'abandi bahagurukiye rimwe bamagana u Rwanda na M23.
Guhera ku wa 09 ukuboza 2025, ingabo za FARDC, u Burundi n'umutwe w'iterabwoba wa FDLR na Wazalendo bose barwana ku ruhande rumwe batangiye guhunga umujyi wa Uvira bamwe berekeza i Bujumbura abandi berekeza mu majyepfo ya Uvira mu mujyi wa Kalemie muri RDC. Ibi kandi byakurikiwe n'uko abasirikare ba AFC/M23 batangiye kwinjira muri Uvira mu gitondo cyo ku wa 10 Ukuboza. Nyuma yo kumva iyi nkuru, amahanga yahagurukiye rimwe mu buryo budasanzwe bamagana AFC/M23 bavuga ko ifashwa n'u Rwanda ndetse bamwe bakanavuga ko ari u Rwanda. Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ububiligi, Ubudage, Ubufaransa n’abandi banyamuryango b’itsinda mpuzamahanga rya ICG basohoye ubutumwa bukomeye, mu gihe u Rwanda na rwo rwatangaje ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yarenze ku masezerano ya Washington, yananiwe kurandura Umutwe wa FDLR, kandi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje ibitero ku baturage bwegereye umupaka w'u Rwanda wa Bugarama.
Amerika n’Uburayi bahagurutse bati “iki ni igikorwa giteye inkeke kandi gihungabanya Akarere kose”
Mu itangazo rikomeye ryashyizwe hanze n’ibihugu 10 bikomeye birimo Amerika, Ubudage, Ubufaransa, Ububiligi, Ubuholandi, Ubwongereza, Suwede, Ubusuwisi n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi bavuze ko: Ibiri kubera muri Kivu y'Amajyepfo bishobora guhungabanya umutekano w’akarere kose, kandi ko babangamiwe cyane no kwiyongera kw’ikoreshwa rya Drones z’intambara muri Kivu y'Amajyepfo.
Aba banyaburayi na Amerika kandi mu buryo bwo kwemeza ko u Rwanda ari rwo ruri muri DRC, basabye RDF guhita ivana ingabo zayo mu burasirazuba bwa Congo bishingikirije umwanzuro w'akana k'umutekano uzwi nka UN Resolution 2773. Basabye kandi AFC/M23 guhagarika imirwano ako kanya no kubahiriza ihagarikwa ry’intambara ryasinyiwe i Doha.
Iri huriro ry'ibihugu bikomeye rizwi nka ICG ryihanangirije impande zose kwirinda amagambo akongeza umwuka mubi n’ibikorwa bishobora gutuma imvururu zirushaho kwiyongera.
Ububiligi bwo bwagaragaje umujinya udasanzwe, aho Minisitiri w'intebe wungirije akaba na Minisitiri w'ububanyi n'amahanga Maxime Prévot yagize ati “Uburenganzira bw’abaturage ntibukwiye gukomeza gushyirwa mu kaga. Impande zose zigomba guhita zihagarika imirwano.”
U Rwanda rwo ruti: “Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo irimo kwica abaturage kandi yananiwe kurandura umutwe wa FDLR nk’uko yabisinyiye i Washington”
Mu itangazo ryasohowe na Guverinoma y’u Rwanda, Leta y'u Rwanda yatangaje ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo irimo kugaba ibitero ifatanyije n’ingabo z'UBurundi, Wazalendo, FDLR n’abacanshuro ku baturage batuye mu ntara ya Kivu y'Epfo.
U Rwanda rushinja Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo: Gukorana na FDLR, umutwe wasize ukoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, kandi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikaba yarananiwe kuwurandura n'ubwo yabisinyiye mu masezerano ya Washington. U Rwanda kandi rurashinja RD Congo kurenga ku masezerano mpuzamahanga, harimo kutubahiriza ingingo zirebana n’umutekano.
Kuri leta y'U Rwanda , ibi byose byerekana ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idashaka amahoro mu karere, ahubwo ikomeje ibikorwa bikurura urugomo n’umutekano muke.
Umusesenguzi w’umunyapolitiki, Alain Destexhe, we avuga ko "aho AFC/M23 yagiye ifata haboneka umutekano nyuma y’iminsi mike, naho ihohoterwa ryakorerwaga abaturage na FARDC na Wazalendo rigacogora.” avuga kandi ko abaturage bahunze bashobora gutangira gutinyuka bagatekereza gutahuka.
Ifatwa rya Uvira riraha AFC/M23 amahirwe mashya y’ubucuruzi ku kiyaga cya Tanganyika - Kigoma muri Tanzania na Mpulungu muri Zambia.


Kinyarwanda
English
Swahili









