issa
Dr. Frank Habineza wa Green Party yagizwe Senateri

Dr. Frank Habineza wa Green Party yagizwe Senateri

Oct 14, 2025 - 18:14
 0

Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda (NFPO) ryatoye Dr. Frank Habineza na Alphonse Nkubana kugira ngo bahagararire iri huriro mu Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena.


Ni mu nama rusange idasanzwe yabaye kuri uyu wa Kabiri, aho abagize NFPO batoye aba bombi nk’abakandida bazahagararira Ihuriro mu myanya ibiri y’Abasenateri izasigara ku wa 22 Ukwakira 2025, ubwo manda ya Senateri Mugisha Alexis na Senateri Clotilde Mukakarangwa izaba irangiye.

Icyemezo cy’Ihuriro kigomba kubanza kwemezwa n’Urukiko rw’Ikirenga, kugira ngo aba bakandida babashe gutangira inshingano nshya mu Nteko Ishinga Amategeko.

Dr. Frank Habineza ayobora Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije (Democratic Green Party of Rwanda – DGPR), akaba yarigeze no kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu inshuro ebyiri, muri 2017 no muri 2024. Yabaye kandi Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko hagati ya 2018 na 2023, ubwo yari asoje manda ye.

Habineza yashinze ishyaka DGPR mu 2009, ariko ryemezwa nk’ishyaka ryemewe mu Rwanda nyuma y’imyaka myinshi riharanira kubahiriza ibisabwa n’amategeko.

Ku rundi ruhande, Alphonse Nkubana uyobora Ishyaka ry’Ubwisungane Bugamije Iterambere (PSP), ni na we wari Umuvugizi w’Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki (NFPO) kuva mu mwaka wa 2024. Ubu agiye kongera inshingano nk’Umusenateri, mu gihe ategereje ko Urukiko rw’Ikirenga rumwemeza ku mugaragaro.

Iyi ntambwe nshya ku bayobozi bombi iragaragaza uruhare rukura rw’imitwe ya politiki itavuga rumwe n’ubutegetsi, mu guteza imbere demokarasi n’imiyoborere myiza mu Rwanda.

 

Dr. Frank Habineza wa Green Party yagizwe Senateri

Oct 14, 2025 - 18:14
 0
Dr. Frank Habineza wa Green Party yagizwe Senateri

Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda (NFPO) ryatoye Dr. Frank Habineza na Alphonse Nkubana kugira ngo bahagararire iri huriro mu Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena.


Ni mu nama rusange idasanzwe yabaye kuri uyu wa Kabiri, aho abagize NFPO batoye aba bombi nk’abakandida bazahagararira Ihuriro mu myanya ibiri y’Abasenateri izasigara ku wa 22 Ukwakira 2025, ubwo manda ya Senateri Mugisha Alexis na Senateri Clotilde Mukakarangwa izaba irangiye.

Icyemezo cy’Ihuriro kigomba kubanza kwemezwa n’Urukiko rw’Ikirenga, kugira ngo aba bakandida babashe gutangira inshingano nshya mu Nteko Ishinga Amategeko.

Dr. Frank Habineza ayobora Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije (Democratic Green Party of Rwanda – DGPR), akaba yarigeze no kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu inshuro ebyiri, muri 2017 no muri 2024. Yabaye kandi Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko hagati ya 2018 na 2023, ubwo yari asoje manda ye.

Habineza yashinze ishyaka DGPR mu 2009, ariko ryemezwa nk’ishyaka ryemewe mu Rwanda nyuma y’imyaka myinshi riharanira kubahiriza ibisabwa n’amategeko.

Ku rundi ruhande, Alphonse Nkubana uyobora Ishyaka ry’Ubwisungane Bugamije Iterambere (PSP), ni na we wari Umuvugizi w’Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki (NFPO) kuva mu mwaka wa 2024. Ubu agiye kongera inshingano nk’Umusenateri, mu gihe ategereje ko Urukiko rw’Ikirenga rumwemeza ku mugaragaro.

Iyi ntambwe nshya ku bayobozi bombi iragaragaza uruhare rukura rw’imitwe ya politiki itavuga rumwe n’ubutegetsi, mu guteza imbere demokarasi n’imiyoborere myiza mu Rwanda.