issa
Chelsea yanditse amateka yegukana  igikombe cya UEFA Conference League ku nshuro ya mbere

Chelsea yanditse amateka yegukana igikombe cya UEFA Conference League ku nshuro ya mbere

May 29, 2025 - 07:45
 0

Mu ijoro ryo ku wa Gatatu ikipe ya Chelsea yanditse amateka mu mupira w’amaguru w’i Burayi itsinda Real Betis ibitego 4-1 mu mukino wa nyuma wa UEFA Conference League wabereye i Wrocław muri Pologne


Real Betis yafunguye amazamu hakiri kare ku munota wa 9 ku gitego cyatsinzwe na Abde Ezzalzouli ku mupira mwiza yahawe na Isco. Chelsea yagaragaje intege nke mu gice cya mbere ariko mu gice cya kabiri yagarutse ifite imbaraga nshya, Cole Palmer, w’imyaka 23 yigaragaje cyane anatanga imipira ibiri yavuyemo ibitego bya Enzo Fernández na Nicolas Jackson bihindura umukino. Jadon Sancho na Moisés Caicedo bashyizemo ibindi bitego bibiri, bituma umukino urangira ari 4-1.

Iyi ntsinzi yatumye Chelsea yuzuza ibikombe bine bikomeye bya UEFA harimo UEFA Champions League (2012, 2021), UEFA Europa League (2013, 2019), UEFA Cup Winners’ Cup (1971, 1998) na UEFA Conference League (2025)

Ibi byatumye Chelsea iba ikipe ya mbere mu mateka y’umupira w’amaguru w’i Burayi itsindiye ibi bikombe bine byose, ikimenyetso cy’umusingi ukomeye wubatswe mu myaka myinshi y’ivugurura.

Umutoza Enzo Maresca yakoze impinduka zatanze umusaruro aho yinjije mu kibuga Reece James na Jadon Sancho mu gice cya kabiri. Cole Palmer wabaye umukinnyi w’umukino yagaragaje ubuhanga mu gutanga imipira yabyaye ibitego anashimirwa na bagenzi be n’umutoza.

Iyi ntsinzi ya Chelsea ni ikimenyetso cy’uko amakipe yo mu Bwongereza akomeje kwitwara neza kuruhando mpuzamahanga, ni intangiriro nziza ku buyobozi bushya bw’Abanyamerika bafite iyi kipe ndetse bikaba byerekana ko Chelsea ishobora kongera kuba ikipe ikomeye i Burayi.

Chelsea izakina Champions League mu mwaka utaha nyuma yo gusoza shampiyona y’u Bwongereza iri ku mwanya wa kane. ibi bitanga icyizere ko iyi kipe ishobora gukomeza kwitwara neza no mu marushanwa akomeye ari imbere.

Chelsea si igikombe gusa itsindiye ahubwo ni agace gato k’inkuru nini igaragaza ko iyi kipe ishaka gusubira ku ntebe y’icyubahiro cyayo. Iyo urebeye mu mukino wayo na Betis ubona ko hari icyerekezo, hari umurongo kandi uko byagenda kose, abafana ba Chelsea baraye baruhutse bafite impamvu yo kongera kwizera ejo hazaza.

Bitero Am the captain of my soul. 0791517856

Chelsea yanditse amateka yegukana igikombe cya UEFA Conference League ku nshuro ya mbere

May 29, 2025 - 07:45
May 29, 2025 - 13:54
 0
Chelsea yanditse amateka yegukana  igikombe cya UEFA Conference League ku nshuro ya mbere

Mu ijoro ryo ku wa Gatatu ikipe ya Chelsea yanditse amateka mu mupira w’amaguru w’i Burayi itsinda Real Betis ibitego 4-1 mu mukino wa nyuma wa UEFA Conference League wabereye i Wrocław muri Pologne


Real Betis yafunguye amazamu hakiri kare ku munota wa 9 ku gitego cyatsinzwe na Abde Ezzalzouli ku mupira mwiza yahawe na Isco. Chelsea yagaragaje intege nke mu gice cya mbere ariko mu gice cya kabiri yagarutse ifite imbaraga nshya, Cole Palmer, w’imyaka 23 yigaragaje cyane anatanga imipira ibiri yavuyemo ibitego bya Enzo Fernández na Nicolas Jackson bihindura umukino. Jadon Sancho na Moisés Caicedo bashyizemo ibindi bitego bibiri, bituma umukino urangira ari 4-1.

Iyi ntsinzi yatumye Chelsea yuzuza ibikombe bine bikomeye bya UEFA harimo UEFA Champions League (2012, 2021), UEFA Europa League (2013, 2019), UEFA Cup Winners’ Cup (1971, 1998) na UEFA Conference League (2025)

Ibi byatumye Chelsea iba ikipe ya mbere mu mateka y’umupira w’amaguru w’i Burayi itsindiye ibi bikombe bine byose, ikimenyetso cy’umusingi ukomeye wubatswe mu myaka myinshi y’ivugurura.

Umutoza Enzo Maresca yakoze impinduka zatanze umusaruro aho yinjije mu kibuga Reece James na Jadon Sancho mu gice cya kabiri. Cole Palmer wabaye umukinnyi w’umukino yagaragaje ubuhanga mu gutanga imipira yabyaye ibitego anashimirwa na bagenzi be n’umutoza.

Iyi ntsinzi ya Chelsea ni ikimenyetso cy’uko amakipe yo mu Bwongereza akomeje kwitwara neza kuruhando mpuzamahanga, ni intangiriro nziza ku buyobozi bushya bw’Abanyamerika bafite iyi kipe ndetse bikaba byerekana ko Chelsea ishobora kongera kuba ikipe ikomeye i Burayi.

Chelsea izakina Champions League mu mwaka utaha nyuma yo gusoza shampiyona y’u Bwongereza iri ku mwanya wa kane. ibi bitanga icyizere ko iyi kipe ishobora gukomeza kwitwara neza no mu marushanwa akomeye ari imbere.

Chelsea si igikombe gusa itsindiye ahubwo ni agace gato k’inkuru nini igaragaza ko iyi kipe ishaka gusubira ku ntebe y’icyubahiro cyayo. Iyo urebeye mu mukino wayo na Betis ubona ko hari icyerekezo, hari umurongo kandi uko byagenda kose, abafana ba Chelsea baraye baruhutse bafite impamvu yo kongera kwizera ejo hazaza.