issa
Cameroon: Abasirikare batatu bakatiwe gufungwa nyuma y’iyicwa ry’abaturage 21

Cameroon: Abasirikare batatu bakatiwe gufungwa nyuma y’iyicwa ry’abaturage 21

Feb 22, 2026 - 08:24
 0

Urukiko rwa gisirikare rwo mu murwa mukuru wa Cameroon, Yaoundé, rwakatiye abasirikare batatu gufungwa nyuma yo kubahamya icyaha cyo kugira uruhare mu iyicwa ry’abasivili 21 biciwe mu mvururu zabereye mu gace ka Ngarbuh mu 2020.


Ni amakuru yatangajwe ku wa 21 Gashyantare 2026 n’abanyamategeko bahagarariye imiryango y’abahohotewe, bavuze ko abasirikare batatu b’ingabo za Cameroon bakatiwe gufungwa nyuma yo guhamywa ibyaha bifitanye isano n’urupfu rw’abaturage 21 b’abasivili bishwe mu 2020.

Abafunzwe ni Serija Baba Guida wakatiwe igifungo cy’imyaka umunani, Jandarume Haranga Gilbert wakatiwe imyaka 10, ndetse na Kaporali Sanding wakatiwe igifungo cy’imyaka itanu.

Ishami ry’Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu ku isi Human Rights Watch ryavuze ko abo basirikare batatu ku bufatanye n’umutwe w’inyeshyamba wa NPCS mu 2020 bagabye ibitero mu mudugudu wa Ngarbuh bigahitana abaturage barenga 21 barimo n’umugore wari utwite.

Abo basirikare bafatanyije n’uwo mutwe byanavuzwe ko banatwitse inzu zirenga eshanu z’abaturage ndetse bagasahura bene izo nzu nyuma yo kubatera ubwoba babafatiyeho imbunda.

Leta ya Cameroon yabanje guhakana ivuga ko ingabo zayo nta ruhare zagize muri ubwo bwicanyi ndetse inahakana uwo mubare w’abishwe, ariko abarega ubwo berekanaga ibihamya n’ibimenyetso byerekana uruhare rw’abo basirikare. Leta ya Cameroon yiseguye ku miryango yabuze abayo inayisaba imbabazi.

Ubu bwicanyi bubaye mu gihe Cameroun ikomeje imirwano yatangiye mu ntangiriro za 2016, n’inyeshyamba z’abatavuga rumwe na leta y’icyo gihugu bashaka ko ibice bituyemo abavuga Icyongereza bigenga bitewe n’uko icyo gihugu gisanzwe gikoresha Igifaransa abakoresha Icyongereza bakimwa ijambo.

Cameroon: Abasirikare batatu bakatiwe gufungwa nyuma y’iyicwa ry’abaturage 21

Feb 22, 2026 - 08:24
Feb 22, 2026 - 09:20
 0
Cameroon: Abasirikare batatu bakatiwe gufungwa nyuma y’iyicwa ry’abaturage 21

Urukiko rwa gisirikare rwo mu murwa mukuru wa Cameroon, Yaoundé, rwakatiye abasirikare batatu gufungwa nyuma yo kubahamya icyaha cyo kugira uruhare mu iyicwa ry’abasivili 21 biciwe mu mvururu zabereye mu gace ka Ngarbuh mu 2020.


Ni amakuru yatangajwe ku wa 21 Gashyantare 2026 n’abanyamategeko bahagarariye imiryango y’abahohotewe, bavuze ko abasirikare batatu b’ingabo za Cameroon bakatiwe gufungwa nyuma yo guhamywa ibyaha bifitanye isano n’urupfu rw’abaturage 21 b’abasivili bishwe mu 2020.

Abafunzwe ni Serija Baba Guida wakatiwe igifungo cy’imyaka umunani, Jandarume Haranga Gilbert wakatiwe imyaka 10, ndetse na Kaporali Sanding wakatiwe igifungo cy’imyaka itanu.

Ishami ry’Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu ku isi Human Rights Watch ryavuze ko abo basirikare batatu ku bufatanye n’umutwe w’inyeshyamba wa NPCS mu 2020 bagabye ibitero mu mudugudu wa Ngarbuh bigahitana abaturage barenga 21 barimo n’umugore wari utwite.

Abo basirikare bafatanyije n’uwo mutwe byanavuzwe ko banatwitse inzu zirenga eshanu z’abaturage ndetse bagasahura bene izo nzu nyuma yo kubatera ubwoba babafatiyeho imbunda.

Leta ya Cameroon yabanje guhakana ivuga ko ingabo zayo nta ruhare zagize muri ubwo bwicanyi ndetse inahakana uwo mubare w’abishwe, ariko abarega ubwo berekanaga ibihamya n’ibimenyetso byerekana uruhare rw’abo basirikare. Leta ya Cameroon yiseguye ku miryango yabuze abayo inayisaba imbabazi.

Ubu bwicanyi bubaye mu gihe Cameroun ikomeje imirwano yatangiye mu ntangiriro za 2016, n’inyeshyamba z’abatavuga rumwe na leta y’icyo gihugu bashaka ko ibice bituyemo abavuga Icyongereza bigenga bitewe n’uko icyo gihugu gisanzwe gikoresha Igifaransa abakoresha Icyongereza bakimwa ijambo.