issa
Breaking: M23 igeze mu marembo y’Umujyi muto wa Mwenga

Breaking: M23 igeze mu marembo y’Umujyi muto wa Mwenga

Nov 27, 2025 - 17:40
 0

Mu makuru yihutirwa aturuka mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), haravugwa ko abasirikare b’umutwe wa AFC/M23 bageze mu gace ka Cidasa, bakaba bakomeje kwerekeza mu buryo butuje mu gace ka Kalambi, gaherereye mu birometero bitanu gusa uvuye Mwenga Centre.


Abaturage bahatuye bavuga ko uyu mutwe kuri uyu wa 27 Ugushyingo ahantu hose wafashe nta rusaku rw’amasasu rwabaye kuko abo bahanganye bahunze, bakaba barimo kugenda gahoro gahoro begera Centre ya Wenga.

Abatuye hafi ya Cidasa na Kalambi baravuga ko bagikurikirana uko ibintu bihagaze, bamwe bakaba batangiye kwimuka mu buryo bwihuse berekeza ahari umutekano.

Kugeza ubu, inzego z’ubutegetsi muri Mwenga cyangwa mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo ntiziragira icyo zitangaza kuri aya makuru y’uko binjiriwe na M23. Byitezwe ko FARDC ishobora kongera ingufu zayo mu gace ka Mwenga mu rwego rwo kurinda ibindi bice bishobora kuzagwa mu maboko y’izi nyeshyamba.

 

Breaking: M23 igeze mu marembo y’Umujyi muto wa Mwenga

Nov 27, 2025 - 17:40
Nov 27, 2025 - 17:55
 0
Breaking: M23 igeze mu marembo y’Umujyi muto wa Mwenga

Mu makuru yihutirwa aturuka mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), haravugwa ko abasirikare b’umutwe wa AFC/M23 bageze mu gace ka Cidasa, bakaba bakomeje kwerekeza mu buryo butuje mu gace ka Kalambi, gaherereye mu birometero bitanu gusa uvuye Mwenga Centre.


Abaturage bahatuye bavuga ko uyu mutwe kuri uyu wa 27 Ugushyingo ahantu hose wafashe nta rusaku rw’amasasu rwabaye kuko abo bahanganye bahunze, bakaba barimo kugenda gahoro gahoro begera Centre ya Wenga.

Abatuye hafi ya Cidasa na Kalambi baravuga ko bagikurikirana uko ibintu bihagaze, bamwe bakaba batangiye kwimuka mu buryo bwihuse berekeza ahari umutekano.

Kugeza ubu, inzego z’ubutegetsi muri Mwenga cyangwa mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo ntiziragira icyo zitangaza kuri aya makuru y’uko binjiriwe na M23. Byitezwe ko FARDC ishobora kongera ingufu zayo mu gace ka Mwenga mu rwego rwo kurinda ibindi bice bishobora kuzagwa mu maboko y’izi nyeshyamba.