Bishop Gafaranga yakatiwe umwaka usubitse
Ku wa 10 Ukwakira 2025 Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwakatiye Habiyambere Zachari alias Bishop Gafaranga umwaka usubitse, ihazabu ya 150.000 Frw no kwishyura amagarama y'urubanza.
Urukiko rwahamije Bishop Gafaranga ibyaha bibiri;icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ndetse n'icyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato. Bishop Gafaranga yatawe muri yombi ku wa 7 Gicurasi 2025.
Yari afungiye muri gereza ya Ririma iri I Bugesera. Bivuze ko nyuma y'uko umwanzuro usomwe arahita afungurwa asange umuryango.
Umwaka usubitse, bisobanuye ko agomba kwigengesera mu gihe cy'amezi 12 akirinda kwijandika mu bindi byaha kuko aramutse ateshutse agakurikiranwaho ikindi cyaha akagihamwa n'urukiko, bamuhana bahereye kuri uyu mwaka wasubitswe.
Bishop Gafaranga yahamijwe ibyaha yakoreye umugore we Annet Murava.


Kinyarwanda
English
Swahili









