issa
Bangladesh: Abantu 19 baburiye ubuzima mu mpanuka y’indege abandi barakomereka

Bangladesh: Abantu 19 baburiye ubuzima mu mpanuka y’indege abandi barakomereka

Jul 21, 2025 - 22:35
 0

Nibura abantu 19 bamaze gupfa naho 164 barakomereka nyuma y’uko indege y’igisirikare cya Bangladesh yo mu bwoko bwa “training jet” ikoze impanuka igahirika inyubako y’ishuri mu murwa mukuru Dhaka.


Amashusho yafatiwe kuri Milestone School and College, mu gace ka Uttara mu majyaruguru ya Dhaka, agaragaza umuriro mwinshi n’umwotsi uremereye, nyuma y’uko iyo ndege igonze inyubako y’amagorofa abiri.

Igisirikare cyatangaje kuri Facebook ko iyo ndege yo mu bwoko bwa F-7 yagize ikibazo cya tekinike nyuma gato yo guhaguruka saa 07:06 GMT (13:06 ku isaha ya Dhaka) igiye gukora imyitozo. Umupilote w’iyo ndege, Flight Lieutenant Md. Taukir Islam, ari mu bapfuye, nk’uko igisirikare cyabitangaje.

Amakuru dukesha CNN ndetse na BBC avuga ko, Abantu barenga 50 barimo abana n’abakuze bajyanywe mu bitaro bafite ibikomere batewe n’inkongi, nk’uko umuganga wo ku bitaro bya National Institute of Burn and Plastic Surgery yabitangaje.

Ubuyobozi bw’igisirikare bwavuze ko umupilote yari yabonye ikibazo cya tekinike maze agerageza kuyobora indege ayijyana ahantu hatari abantu benshi, ariko yari atararenga umujyi kuko yari akiva mu kigo cya gisirikare kiri mu murwa mukuru.

Abakomeretse bajyanywe mu bitaro bitandukanye, naho amatsinda y’ubutabazi aracyakora ibikorwa byo gushakisha abarokotse aho byabereye. Komisiyo yihariye yashyizweho kugira ngo iperereze icyateye iyo mpanuka, nk’uko byatangajwe.

Amafoto yafatiwe ahabereye impanuka agaragaza abakozi b’ubutabazi benshi bashakisha mu bisigazwa by’inyubako yahiye, mu gihe imbaga y’abantu bareberaga hejuru y’inyubako ziyikikije.

Muhammad Yunus, uyoboye guverinoma y’inzibacyuho ya Bangladesh, yavuze ko ibikenewe byose bigiye gukorwa mu iperereza no gutanga ubufasha bwihutirwa. Aho Yagize ati: “Ibi ni ibyago bikomeye ku gihugu cyose. Nifurije abakomeretse gukira vuba kandi nsabye inzego zose, cyane cyane amavuriro, gufata iki kibazo nk’icyihutirwa.”

Bangladesh yatangaje umunsi wo kwibuka abazize iyi mpanuka kuri uyu wa Kabiri, aho ibendera ry’igihugu rizururutswa kugeza hagati hirya no hino mu gihugu.

Bangladesh: Abantu 19 baburiye ubuzima mu mpanuka y’indege abandi barakomereka

Jul 21, 2025 - 22:35
Jul 22, 2025 - 10:21
 0
Bangladesh: Abantu 19 baburiye ubuzima mu mpanuka y’indege abandi barakomereka

Nibura abantu 19 bamaze gupfa naho 164 barakomereka nyuma y’uko indege y’igisirikare cya Bangladesh yo mu bwoko bwa “training jet” ikoze impanuka igahirika inyubako y’ishuri mu murwa mukuru Dhaka.


Amashusho yafatiwe kuri Milestone School and College, mu gace ka Uttara mu majyaruguru ya Dhaka, agaragaza umuriro mwinshi n’umwotsi uremereye, nyuma y’uko iyo ndege igonze inyubako y’amagorofa abiri.

Igisirikare cyatangaje kuri Facebook ko iyo ndege yo mu bwoko bwa F-7 yagize ikibazo cya tekinike nyuma gato yo guhaguruka saa 07:06 GMT (13:06 ku isaha ya Dhaka) igiye gukora imyitozo. Umupilote w’iyo ndege, Flight Lieutenant Md. Taukir Islam, ari mu bapfuye, nk’uko igisirikare cyabitangaje.

Amakuru dukesha CNN ndetse na BBC avuga ko, Abantu barenga 50 barimo abana n’abakuze bajyanywe mu bitaro bafite ibikomere batewe n’inkongi, nk’uko umuganga wo ku bitaro bya National Institute of Burn and Plastic Surgery yabitangaje.

Ubuyobozi bw’igisirikare bwavuze ko umupilote yari yabonye ikibazo cya tekinike maze agerageza kuyobora indege ayijyana ahantu hatari abantu benshi, ariko yari atararenga umujyi kuko yari akiva mu kigo cya gisirikare kiri mu murwa mukuru.

Abakomeretse bajyanywe mu bitaro bitandukanye, naho amatsinda y’ubutabazi aracyakora ibikorwa byo gushakisha abarokotse aho byabereye. Komisiyo yihariye yashyizweho kugira ngo iperereze icyateye iyo mpanuka, nk’uko byatangajwe.

Amafoto yafatiwe ahabereye impanuka agaragaza abakozi b’ubutabazi benshi bashakisha mu bisigazwa by’inyubako yahiye, mu gihe imbaga y’abantu bareberaga hejuru y’inyubako ziyikikije.

Muhammad Yunus, uyoboye guverinoma y’inzibacyuho ya Bangladesh, yavuze ko ibikenewe byose bigiye gukorwa mu iperereza no gutanga ubufasha bwihutirwa. Aho Yagize ati: “Ibi ni ibyago bikomeye ku gihugu cyose. Nifurije abakomeretse gukira vuba kandi nsabye inzego zose, cyane cyane amavuriro, gufata iki kibazo nk’icyihutirwa.”

Bangladesh yatangaje umunsi wo kwibuka abazize iyi mpanuka kuri uyu wa Kabiri, aho ibendera ry’igihugu rizururutswa kugeza hagati hirya no hino mu gihugu.