issa
Ayra Starr yashimye ubwitange bw’abagabo mu gitanda (Video)

Ayra Starr yashimye ubwitange bw’abagabo mu gitanda (Video)

Mar 12, 2026 - 11:18
 0

Mu gihe Ayra Starr yavuze neza abagabo b’iwabo, Burna Boy yigeze kuvuga ko adashobora gukundana n’abakobwa bo muri Nigeria bitewe n’uko bakunda ibintu kurusha abantu. Mu kiganiro Ayra Starr yatanze yanaboneyeho umwanya wo kuvuga ku ndirimbo ye nshya yashyize hanze ku wa 06 Werurwe 2026 yise’Where Do we Go’ iri mu njyana ya Pop.


Umuhanzikazi wo muri Nigeria Ayra Starr yavuze ko atagereranya uko abagabo bo muri Nigeria bitwara mu gitanda n’ab’I New York aho yimukiye.

Ku wa 10 Werurwe 2026 Ayra Starr yaganiriye na ‘Way Up with Angela Yee’kimwe mu bitangazamakuru abahanzi bavugiramo imishinga yabo cyangwa se bagatanga ibitekerezo ku ngingo zitandukanye. Yagize ati”Abagabo bo muri Nigeria bazi kwita ku bagore babo n’abakobwa baba bari guteretana. Ni ukuri ntabwo wabagereranya n’aba hano I New York. Baratandukanye cyane”

Ayra Starr yavuze ko abagabo bo muri Nigeria bazi kwita cyane ku bagore no kubamenyera ibyo bakeneye. Ndetse yavuze ko baba bifitiye ikizere cyane mu bintu byose.

Icyakora nk’umuhanzikazi uri kubaka izina ku ruhando mpuzamahanga aba agomba kuvuga neza ab’iwabo kugirango bakomeze kumushyigikira.

Mu gihe Ayra Starr yavuze neza abagabo b’iwabo, Burna Boy yigeze kuvuga ko adashobora gukundana n’abakobwa bo muri Nigeria bitewe n’uko bakunda ibintu kurusha abantu. Mu kiganiro Ayra Starr yatanze yanaboneyeho umwanya wo kuvuga ku ndirimbo ye nshya yashyize hanze ku wa 06 Werurwe 2026 yise’Where Do we Go’ iri mu njyana ya Pop.

 Ayra Starr yanaboneyeho umwanya wo gutangaza ko ari mu myiteguro yo gushyira hanze album ya gatatu muri uyu mwaka wa 2026. Ayra Starr yasobanuye ko iyo ndirimbo yayikuye ku Rukundo yanyuzemo rw’ibanga noneho inshuti ze zimugira inama yo kuruhagarika. Yarabyanze ababwira ko yamaze kwiyumvamo uwo musore ariko akaba atari azi aho urukundo rwabo rugana.

 Album azashyira hanze itegerezanyijwe amatsiko nyuma yo gusohora iyitwa’The Year I turned 21’ yumviswe na miliyali 1.2 kuri Spotify, na miliyali ebyiri ku mbuga zose zicuruza imiziki. Album ari gukoraho yatangiye gushyira hanze zimwe mu ndirimbo ziyigize nka’All My Love,Gimme Dat ari kumwe na Wizkid,Hot Body yabiciye mu mpeshyi ya 2025,na Where Do We Go”.

Kuri album ya gatatu yateguje abafana be kutamwitega muri Afrobeats gusa kuko azabavangira injyana mu rwego rwo kwirinda kwifungirana mu gakarito kamwe.

Ayra Starr yashimye ubwitange bw’abagabo mu gitanda (Video)

Mar 12, 2026 - 11:18
 0
Ayra Starr yashimye ubwitange bw’abagabo mu gitanda (Video)

Mu gihe Ayra Starr yavuze neza abagabo b’iwabo, Burna Boy yigeze kuvuga ko adashobora gukundana n’abakobwa bo muri Nigeria bitewe n’uko bakunda ibintu kurusha abantu. Mu kiganiro Ayra Starr yatanze yanaboneyeho umwanya wo kuvuga ku ndirimbo ye nshya yashyize hanze ku wa 06 Werurwe 2026 yise’Where Do we Go’ iri mu njyana ya Pop.


Umuhanzikazi wo muri Nigeria Ayra Starr yavuze ko atagereranya uko abagabo bo muri Nigeria bitwara mu gitanda n’ab’I New York aho yimukiye.

Ku wa 10 Werurwe 2026 Ayra Starr yaganiriye na ‘Way Up with Angela Yee’kimwe mu bitangazamakuru abahanzi bavugiramo imishinga yabo cyangwa se bagatanga ibitekerezo ku ngingo zitandukanye. Yagize ati”Abagabo bo muri Nigeria bazi kwita ku bagore babo n’abakobwa baba bari guteretana. Ni ukuri ntabwo wabagereranya n’aba hano I New York. Baratandukanye cyane”

Ayra Starr yavuze ko abagabo bo muri Nigeria bazi kwita cyane ku bagore no kubamenyera ibyo bakeneye. Ndetse yavuze ko baba bifitiye ikizere cyane mu bintu byose.

Icyakora nk’umuhanzikazi uri kubaka izina ku ruhando mpuzamahanga aba agomba kuvuga neza ab’iwabo kugirango bakomeze kumushyigikira.

Mu gihe Ayra Starr yavuze neza abagabo b’iwabo, Burna Boy yigeze kuvuga ko adashobora gukundana n’abakobwa bo muri Nigeria bitewe n’uko bakunda ibintu kurusha abantu. Mu kiganiro Ayra Starr yatanze yanaboneyeho umwanya wo kuvuga ku ndirimbo ye nshya yashyize hanze ku wa 06 Werurwe 2026 yise’Where Do we Go’ iri mu njyana ya Pop.

 Ayra Starr yanaboneyeho umwanya wo gutangaza ko ari mu myiteguro yo gushyira hanze album ya gatatu muri uyu mwaka wa 2026. Ayra Starr yasobanuye ko iyo ndirimbo yayikuye ku Rukundo yanyuzemo rw’ibanga noneho inshuti ze zimugira inama yo kuruhagarika. Yarabyanze ababwira ko yamaze kwiyumvamo uwo musore ariko akaba atari azi aho urukundo rwabo rugana.

 Album azashyira hanze itegerezanyijwe amatsiko nyuma yo gusohora iyitwa’The Year I turned 21’ yumviswe na miliyali 1.2 kuri Spotify, na miliyali ebyiri ku mbuga zose zicuruza imiziki. Album ari gukoraho yatangiye gushyira hanze zimwe mu ndirimbo ziyigize nka’All My Love,Gimme Dat ari kumwe na Wizkid,Hot Body yabiciye mu mpeshyi ya 2025,na Where Do We Go”.

Kuri album ya gatatu yateguje abafana be kutamwitega muri Afrobeats gusa kuko azabavangira injyana mu rwego rwo kwirinda kwifungirana mu gakarito kamwe.