issa
Amerika irasabwa miliyali $200  mu ntambara ya Iran

Amerika irasabwa miliyali $200  mu ntambara ya Iran

Mar 24, 2026 - 09:13
 0

Ku wa 28 Gashyantare 2026 Leta Zunze Ubumwe z'Amerika na Israel bashoje intambara kuri Iran. Bari baziko itazatinda kuko biyumvishaga ko kwica bamwe mu bayobozi bo hejuru bizaca intege Iran igahita yemera gusoza intambara ariko na nubu ruracyambikanye.


Ibyumweru bigiye kuba bine Amerika na Israel biteye ku mugaragaro Iran. Mu ntangiriro kimwe n'izindi ntambara zose, Perezida Donald Trump yari azi ko izamara iminsi itatu ikarangira. 

Imvugo yaje guhinduka nyuma yo gukeka ko kwica bamwe mu bayobozi bakuru barimo n'uw'ikirenga Ayatollah Ali Khamenei, wenda bizaca intege Iran.

Siko rero byagenze ahubwo intambara irushaho guhindura isura.

Uko Amerika na Israel barasa ibikorwaremezo bya Iran niko nayo irasa ku bikorwaremezo by'Amerika mu bihugu ifitemo ibirindiro bya gisirikare. 

Ku wa 13 Werurwe 2026 intambara yo muri Iran yari imaze gutwara Amerika, miliyali $16.5. Kuri ubu Amerika imaze gukoresha miliyali $30.

Abahanga mu by'intambara berekana ko mu gihe iriya ntambara yamara amezi atandatu izatwara miliyali $200.

Trump aranengwa kuba hari miliyoni 24 z'Abanyamerika badashobora kwivuza mu gihe buri munsi miliyali $1 ijya ku ntambara yo muri Iran.

 Perezida Trump yatoye itegeko rigabanya ingengo y'imari ifasha abatishoboye mu kwivuza.

 Yasinye ku mushinga wa tiliyali $1 mu myaka 10 yo kuvuza abakene. Ni mu gihe mu kunganira abatabona ibyo kurya bya buri munsi hagiyeho ingengo y'imari ya miliyali $187 kugeza mu 2034.

 Abarenga miliyoni 2 muri Amerika ntibashobora kwibonera ibyo kurya.

Amerika irasabwa miliyali $200  mu ntambara ya Iran

Mar 24, 2026 - 09:13
 0
Amerika irasabwa miliyali $200  mu ntambara ya Iran

Ku wa 28 Gashyantare 2026 Leta Zunze Ubumwe z'Amerika na Israel bashoje intambara kuri Iran. Bari baziko itazatinda kuko biyumvishaga ko kwica bamwe mu bayobozi bo hejuru bizaca intege Iran igahita yemera gusoza intambara ariko na nubu ruracyambikanye.


Ibyumweru bigiye kuba bine Amerika na Israel biteye ku mugaragaro Iran. Mu ntangiriro kimwe n'izindi ntambara zose, Perezida Donald Trump yari azi ko izamara iminsi itatu ikarangira. 

Imvugo yaje guhinduka nyuma yo gukeka ko kwica bamwe mu bayobozi bakuru barimo n'uw'ikirenga Ayatollah Ali Khamenei, wenda bizaca intege Iran.

Siko rero byagenze ahubwo intambara irushaho guhindura isura.

Uko Amerika na Israel barasa ibikorwaremezo bya Iran niko nayo irasa ku bikorwaremezo by'Amerika mu bihugu ifitemo ibirindiro bya gisirikare. 

Ku wa 13 Werurwe 2026 intambara yo muri Iran yari imaze gutwara Amerika, miliyali $16.5. Kuri ubu Amerika imaze gukoresha miliyali $30.

Abahanga mu by'intambara berekana ko mu gihe iriya ntambara yamara amezi atandatu izatwara miliyali $200.

Trump aranengwa kuba hari miliyoni 24 z'Abanyamerika badashobora kwivuza mu gihe buri munsi miliyali $1 ijya ku ntambara yo muri Iran.

 Perezida Trump yatoye itegeko rigabanya ingengo y'imari ifasha abatishoboye mu kwivuza.

 Yasinye ku mushinga wa tiliyali $1 mu myaka 10 yo kuvuza abakene. Ni mu gihe mu kunganira abatabona ibyo kurya bya buri munsi hagiyeho ingengo y'imari ya miliyali $187 kugeza mu 2034.

 Abarenga miliyoni 2 muri Amerika ntibashobora kwibonera ibyo kurya.