Amakipe abiri ntiyumva ukuntu FERWAFA yayariganyije ku gukina igikombe cy'Intwari
Ikipe zirimo Mukura Victory Sports ndetse na Kiyovu Sports ntizumva ukuntu FERWAFA yabariganyije ku gukina igikombe cy'Intwari uyu mwaka w'imikino.
Ku wa mbere tariki 12 Mutarama 2026, nibwo ishyirahamwe ry'umupira w'amagaru hano mu Rwanda, FERWAFA, ryasohoye ibaruwa imenyesha amakipe ko igikombe cy'intwari uyu mwaka kizakinwa n'ikipe Enye mu bagabo ndetse n'ebyiri mu bagore zitwaye neza Saison 2024/2025.
Izo kipe zirimo Rayon Sports, APR FC, Police FC ndetse na AS Kigali. Mu bagore Ebyiri zirimo Rayon Sports ndetse n'Indahangarwa. Nyuma yo gusohora iri tangazo, FERWAFA yashyize hanze impamvu igaragaza ko byatewe nuko imikino ibanza ya Shampiyona uyu mwaka itararangira bityo bafata umwanzuro wo kwifashisha izasoje ziri imbere mu mwaka ushize w'imikino wa 2024/2025.
Amakuru UKWELITIMES twahamirijwe n'umwe mu bayobozi ba Kiyovu Sports yatubwiye ko bandikiye FERWAFA bayisaba ibisobanuro cyane ko muri uyu mwaka w'imikino yibonaga nk'ikipe igomba kwitabira iri rushanwa kuko iri mu makipe ane ya mbere abarizwa hano mu Rwanda.
Amakuru kandi dukesha Igihe, avuga ko Ku wa Gatanu tariki 16 Mutarama 2026, ikipe ya Mukura Victory Sports nayo yandikiye FERWAFA isaba ko yasobanurirwa neza impamvu itisanze mu makipe azakina igikombe cy'intwari.
Ubusanzwe amakipe akina igikombe cy'Intwari, ni amakipe aba yasoje imikino ibanza ya Shampiyona muri uwo mwaka ari imbere. Mu makipe yagombaga gukina iki gikombe uyu mwaka yari APR FC, Police FC, Kiyovu Sports ndetse na Mukura Victory Sports. Mu bagore yari Rayon Sports na Police WFC.
Igikombe cy'Intwari biteganyijwe ko kizatangira tariki 28 Mutarama gisozwe tariki 1 Gashyantare 2026 ari nawo munsi nyirizina hizihizwa umunsi mukuru w'Intwari z'u Rwanda.
Kiyovu Sports ni imwe mu makipe ari kwitwara neza muri Shampiyona
Mukura Victory Sports ntunyumva ukuntu yarenganye


Kinyarwanda
English
Swahili









