issa
Amajyepfo : Abantu batatu bemeye ko basambanyije  ku gahato umugore w'imyaka 47 bamufatiye mu nzira

Amajyepfo : Abantu batatu bemeye ko basambanyije ku gahato umugore w'imyaka 47 bamufatiye mu nzira

Jan 10, 2026 - 13:58
 0

Abasore babiri n'umugabo umwe basabye imbabazi ubwo bagezwaga mu Bushinjacyaha bakurikiranyweho icyaha cyo gusambanya ku gahato umugore w'imyaka 47 bafatiye mu nzira ataha bakamusambanya nyuma yo kumukubita.


Abo basore babiri n'umugabo umwe icyaha bacyekwaho, bagikoreye mu Mudugudu wa Giseke, Akagari ka Cyamukuza, Umurenge wa Ndora, Akarere ka Gisagara kuwa 26 Ukuboza 2025 nkuko tubikesha Ubushinjacyaha Bukuru.

Ubushinjacyaha mu Rukiko Rwisumbuye rwa Huye, bwashyikirijwe dosiye y'abo bantu uko ari batatu muri iki cyumweru. Muri iyo dosiye iregwamo abantu batatu bivugwa ko bafatiye uwo mugore mu nzira arimo gutaha mu masaha ya Saa tatu z'ijoro bamusambanya ku gahato.

Abo basore n'umugabo bose bemereye Ubushinjacyaha ko bakoze icyaha bacyekwaho, bakavuga icyaha cyo gusambanya ku gahato uwo mugore bagikoze bavuye kunywa inzoga ndetse bakaba barabitewe n'ubusinzi.

Bivugiye ko uwo mugore umwe muri bo yamukubise inkoni anamuhirika hasi, bakamusambanya bamufashe amaguru n'amaboko kugeza ubwo birukaga bumvise umugenzi warimo kugenda mu nzira bamufatiyemo.

Abo basore n'umugabo bari kumwe basabye imbabazi bavuga ko icyaha bagikoze kubera ubusinzi. Icyaha bacyekwaho cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato, giteganywa n'itegeko no 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 riteganya ibyaha n'ibihano mu ngingo ya 134.

Amajyepfo : Abantu batatu bemeye ko basambanyije ku gahato umugore w'imyaka 47 bamufatiye mu nzira

Jan 10, 2026 - 13:58
Jan 10, 2026 - 18:34
 0
Amajyepfo : Abantu batatu bemeye ko basambanyije  ku gahato umugore w'imyaka 47 bamufatiye mu nzira

Abasore babiri n'umugabo umwe basabye imbabazi ubwo bagezwaga mu Bushinjacyaha bakurikiranyweho icyaha cyo gusambanya ku gahato umugore w'imyaka 47 bafatiye mu nzira ataha bakamusambanya nyuma yo kumukubita.


Abo basore babiri n'umugabo umwe icyaha bacyekwaho, bagikoreye mu Mudugudu wa Giseke, Akagari ka Cyamukuza, Umurenge wa Ndora, Akarere ka Gisagara kuwa 26 Ukuboza 2025 nkuko tubikesha Ubushinjacyaha Bukuru.

Ubushinjacyaha mu Rukiko Rwisumbuye rwa Huye, bwashyikirijwe dosiye y'abo bantu uko ari batatu muri iki cyumweru. Muri iyo dosiye iregwamo abantu batatu bivugwa ko bafatiye uwo mugore mu nzira arimo gutaha mu masaha ya Saa tatu z'ijoro bamusambanya ku gahato.

Abo basore n'umugabo bose bemereye Ubushinjacyaha ko bakoze icyaha bacyekwaho, bakavuga icyaha cyo gusambanya ku gahato uwo mugore bagikoze bavuye kunywa inzoga ndetse bakaba barabitewe n'ubusinzi.

Bivugiye ko uwo mugore umwe muri bo yamukubise inkoni anamuhirika hasi, bakamusambanya bamufashe amaguru n'amaboko kugeza ubwo birukaga bumvise umugenzi warimo kugenda mu nzira bamufatiyemo.

Abo basore n'umugabo bari kumwe basabye imbabazi bavuga ko icyaha bagikoze kubera ubusinzi. Icyaha bacyekwaho cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato, giteganywa n'itegeko no 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 riteganya ibyaha n'ibihano mu ngingo ya 134.