issa
Algeria n'u Bufaransa bikomeje ihangana mu bya dipolomasi

Algeria n'u Bufaransa bikomeje ihangana mu bya dipolomasi

May 14, 2025 - 12:27
 0

Nyuma y'uko Algeria yirukanye abakozi 15 ba Ambasade y’u Bufaransa ku butaka bwayo, iki gihugu nacyo cyatangaje ko kigiye kiyisubiza vuba.


U Bufaransa bwatangaje ko bugiye gusubiza vuba kandi bikomeye nyuma y’uko Algeria yirukanye abandi bakozi ba Ambasade y’u Bufaransa, ibikomeje gutuma umubano w’ibihugu byombi urushaho kuzamba.

Amakuru aturuka i Paris, u Bufaransa bwo buvuga ko ari igikorwa cya politiki cyibasira imikorere yacyo muri Algeria.

Algeria ishinja u Bufaransa gushyiraho abakozi 15 muri ambasade yabwo muri Algeria, butabanje kuyimenyesha ndetse ngo bahawe pasiporo z’abadipolomate kugira ngo bashobore kwinjira muri iki gihugu.

Ni ubwa kabiri mu mezi make ashize Algeria yirukanye Abafaransa, nyuma y’abandi bakozi ba Ambasade y’u Bufaransa 12 birukanwe muri Mata 2025 bashinjwa gukora ibikorwa bihungabanya umutekano w’igihugu no kwivanga mu miyoborere yacyo.

U Bufaransa nabwo mu gusubiza bwatangaje ko butazaceceka ku byo Algeria iri gukora, bityo bagiye gusubiza iki gihugu mu buryo bukomeye kandi vuba. 

Ibi ibihugu byombi bimaze igihe bifitanye umubano utari mwiza, binakomoka ku mateka y'ubukoloni.

Mu bihe bya vuba umubano w'ibi bihugu wongeye kuzamba bikomeye mu 2024, ubwo u Bufaransa bwataga muri yombi umwe mu bahagarariye inyungu za Algeria muri iki gihugu hamwe n’abandi bantu babiri bashinjwaga gushimuta Amir Boukhors utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Algeria.

Anselme Tuyizere Media Personality/Sports-Entertainment Tel:+250791737786 Email: anselmetuyizere07@gmail.com

Algeria n'u Bufaransa bikomeje ihangana mu bya dipolomasi

May 14, 2025 - 12:27
 0
Algeria n'u Bufaransa bikomeje ihangana mu bya dipolomasi

Nyuma y'uko Algeria yirukanye abakozi 15 ba Ambasade y’u Bufaransa ku butaka bwayo, iki gihugu nacyo cyatangaje ko kigiye kiyisubiza vuba.


U Bufaransa bwatangaje ko bugiye gusubiza vuba kandi bikomeye nyuma y’uko Algeria yirukanye abandi bakozi ba Ambasade y’u Bufaransa, ibikomeje gutuma umubano w’ibihugu byombi urushaho kuzamba.

Amakuru aturuka i Paris, u Bufaransa bwo buvuga ko ari igikorwa cya politiki cyibasira imikorere yacyo muri Algeria.

Algeria ishinja u Bufaransa gushyiraho abakozi 15 muri ambasade yabwo muri Algeria, butabanje kuyimenyesha ndetse ngo bahawe pasiporo z’abadipolomate kugira ngo bashobore kwinjira muri iki gihugu.

Ni ubwa kabiri mu mezi make ashize Algeria yirukanye Abafaransa, nyuma y’abandi bakozi ba Ambasade y’u Bufaransa 12 birukanwe muri Mata 2025 bashinjwa gukora ibikorwa bihungabanya umutekano w’igihugu no kwivanga mu miyoborere yacyo.

U Bufaransa nabwo mu gusubiza bwatangaje ko butazaceceka ku byo Algeria iri gukora, bityo bagiye gusubiza iki gihugu mu buryo bukomeye kandi vuba. 

Ibi ibihugu byombi bimaze igihe bifitanye umubano utari mwiza, binakomoka ku mateka y'ubukoloni.

Mu bihe bya vuba umubano w'ibi bihugu wongeye kuzamba bikomeye mu 2024, ubwo u Bufaransa bwataga muri yombi umwe mu bahagarariye inyungu za Algeria muri iki gihugu hamwe n’abandi bantu babiri bashinjwaga gushimuta Amir Boukhors utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Algeria.