issa
Al Hilal SC igiye kugabanya imbaraga mu bakinnyi bakina Shampiyona y’u Rwanda

Al Hilal SC igiye kugabanya imbaraga mu bakinnyi bakina Shampiyona y’u Rwanda

May 4, 2026 - 13:44
 0

Ikipe ya Al Hilal SC igiye gutangira imyiteguro yo kujya i Khartoum muri Sudani mu minsi mike iri imbere, aho igiye kwitabira imikino ya kamparamaka ya shampiyona y’icyiciro cya mbere. 


Umutoza w’umunya-Romania, Laurențiu Reghecampf, utoza Al Hilal SC yasabwe gutanga urutonde rw’abakinnyi azifashisha muri iyi mikino ya Shampiyona iteganyijwe tariki 15 Gicurasi 2026.

Komite ishinzwe amarushanwa mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Sudani yasabye amakipe gutanga urutonde rw’abakinnyi, hanemezwa igihe cyo kujuririra umukinnyi uwo ari we wese bitarenze tariki 8 Gicurasi 2026. Ibyo kujurira bizasuzumwa mu minsi itatu, naho urutonde ntakuka rugatangazwe tariki 11 Gicurasi 2026.

Iri shyirahamwe ryashyizeho ko buri kipe igomba kugira abakinnyi 26, barimo batanu b’Abato bemerewe gukina muri iyi mikino ya Shampiyona.

Umutoza wa Al Hilal SC, Reghecampf azasabwa  kwita ku bintu bitandukanye, birimo abakinnyi batanditse muri shampiyona y’u Rwanda, ndetse n’itegeko rigena ko abakinnyi b’abanyamahanga batarenza batanu ari bo bemerewe kuba bari mu kibuga icyarimwe mu mikino ya shampiyona yo muri Sudani.

Al-Hilal SC izakina na APR FC ifite abakinnyi bose kandi bakomeye kuri uyu wa Kane tariki 7 Gicurasi 2026. Nyuma y’uwo mukino, iyi kipe irateganya kwigabanyamo amakipe abiri arimo itsinda rya mbere rikomeye rizerekeza muri Sudani, mu gihe irya kabiri rizasigara rikomeza gukina imikino ine ya nyuma ya shampiyona y’u Rwanda.

Al Hilal SC niyo iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’u Rwanda n’amanota 64, ikurikiwe na APR FC ifite amanota 56 irarusha Al Merrikh SC inota rimwe kuko ifite 55. 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Al Hilal SC igiye kugabanya imbaraga mu bakinnyi bakina Shampiyona y’u Rwanda

May 4, 2026 - 13:44
 0
Al Hilal SC igiye kugabanya imbaraga mu bakinnyi bakina Shampiyona y’u Rwanda

Ikipe ya Al Hilal SC igiye gutangira imyiteguro yo kujya i Khartoum muri Sudani mu minsi mike iri imbere, aho igiye kwitabira imikino ya kamparamaka ya shampiyona y’icyiciro cya mbere. 


Umutoza w’umunya-Romania, Laurențiu Reghecampf, utoza Al Hilal SC yasabwe gutanga urutonde rw’abakinnyi azifashisha muri iyi mikino ya Shampiyona iteganyijwe tariki 15 Gicurasi 2026.

Komite ishinzwe amarushanwa mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Sudani yasabye amakipe gutanga urutonde rw’abakinnyi, hanemezwa igihe cyo kujuririra umukinnyi uwo ari we wese bitarenze tariki 8 Gicurasi 2026. Ibyo kujurira bizasuzumwa mu minsi itatu, naho urutonde ntakuka rugatangazwe tariki 11 Gicurasi 2026.

Iri shyirahamwe ryashyizeho ko buri kipe igomba kugira abakinnyi 26, barimo batanu b’Abato bemerewe gukina muri iyi mikino ya Shampiyona.

Umutoza wa Al Hilal SC, Reghecampf azasabwa  kwita ku bintu bitandukanye, birimo abakinnyi batanditse muri shampiyona y’u Rwanda, ndetse n’itegeko rigena ko abakinnyi b’abanyamahanga batarenza batanu ari bo bemerewe kuba bari mu kibuga icyarimwe mu mikino ya shampiyona yo muri Sudani.

Al-Hilal SC izakina na APR FC ifite abakinnyi bose kandi bakomeye kuri uyu wa Kane tariki 7 Gicurasi 2026. Nyuma y’uwo mukino, iyi kipe irateganya kwigabanyamo amakipe abiri arimo itsinda rya mbere rikomeye rizerekeza muri Sudani, mu gihe irya kabiri rizasigara rikomeza gukina imikino ine ya nyuma ya shampiyona y’u Rwanda.

Al Hilal SC niyo iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’u Rwanda n’amanota 64, ikurikiwe na APR FC ifite amanota 56 irarusha Al Merrikh SC inota rimwe kuko ifite 55.