Al Hilal Omdurman yihagazeho muri Afurika y'epfo ituzuye
Al Hilal Omdurman ibarizwa muri Shampiyona y'u Rwanda, yihagazeho imbere ya Mamelodie Sundowns zinganya ibitego 2-2 mu mikino y'amatsinda ya CAF Champions nubwo Al Hilal SC yasoje ari abakinnyi 10.
Ku wa Gatanu tariki 23 Mutarama 2026, mu gihugu cy'Afurika y'epfo hari hategerejwe umukino ukomeye hagati ya Al Hilal Omdurman na Mamelodie Sundowns wari uw'umunsi wa Gatatu mu itsinda C.
Ni umukino watangiye ku isaha ya saa Mbili z'ijoro, utangira ikipe ya Al Hilal Omdurman yihagararaho wabonaga iri gukina nta bwoba ifite itsinda igitego cya mbere gitsinzwe na Abdelrazig Omer Yagoub ku munota wa 15. Mamelodie Sundowns yari iri mu rugo ntabwo yatinze kwishyura kuko ku munota wa 22 Arthur Sales, yaje gutsinda igitego cyiza cyane.
Igice cya Kabiri cyatangiranye imbaraga nyinshi cyane ku ruhande rwa Mamelodie Sundowns kuko ku munota wa 62, Teboho Mokoena, yaje gutsinda igitego cya Kabiri abantu benshi batangira kwibaza kuri Al Hilal Omdurman. Iyi kipe yo muri Sudani ibarizwa hano mu Rwanda yaje kwishyura iki gitego ku munota wa 71, gitsinzwe na Abdelrazig Omer Yagoub wari watsinze igitego cya mbere.
Ikipe ya Al Hilal Omdurman ntabwo byaje kuyorohera kuko ku munota wa 87, yaje guhabwa ikarita y'umutuku yahawe Emmanuel Flomo wari winjiye mu kibuga asimbuye Salaheldin Adil ku munota wa 75. Uyu mukino waje kurangira ikipe zombi zinganyije ibitego 2-2, Al Hilal Omdurman isoza yihagaze mu buryo bitunguranye.
Izi kipe nyuma yo kunganya ibitego 2-2, zahise n'ubundi zikomeza kunganya amanota 5 ku yandi, kuko zombi zimaze gutsinda umukino umwe, zinganya imikino ibiri. Ariko kubera ibitego bibiri Mamelodie Sundowns izigamye, byatumye ari yo ikomeza kuyobora uru rutonde.


Kinyarwanda
English
Swahili









