issa
Akon yahetse Afrobeats, Qingi Madi atunga agatoki abahanzi bakoresha imyuka idasanzwe, Davido na Chris Brown bari gukorana album

Akon yahetse Afrobeats, Qingi Madi atunga agatoki abahanzi bakoresha imyuka idasanzwe, Davido na Chris Brown bari gukorana album

May 2, 2025 - 10:07
 0

Umuhanzi ufite ubwenegihugu bwa Amerika ariko akaba avuka muri Senegale, Akon yasobanuye ko yagize uruhare mu kuzamura umuziki wo mu njyana ya Afrobeats. Turebere hamwe amakuru y'imyidagaduro avugwa hanze y'u Rwanda


Akon yikomanze mu gatuza avuga ko akwiriye ikamba ry’ubwami kuko mu myaka ya za 2000 kugeza mu 2010 yagize imikoranire na bamwe mu bayobozi b’inzu zicuruza ibihangano n’abahanzi.

 Dailypost yanditse ko yagiye akorana indirimbo n’abahanzi mu bihe bitandukanye bikabafasha kwibona ku isoko mpuzamahanga.

Akon, nyiri Konvict Muzik yibuka ibihe yahaye amahirwe abahanzi barimo; Wizkid, Banky W, P-Square, D’banj. Ibi rero byagiye bifasha Afrobeats kwisanga ku isoko mpuzamahanga. Mu 2008 nibwo Akon yashyize hanze album ya nyuma yise ‘Freedom’.

 Mu 2010 Akon yakoze indirimbo zakoreshejwe mu gikombe cy’isi cyabereye muri Afurika y’epfo. Yavuye muri Afurika y’Epfo yerekeza muri Nigeria bashyira itafari kuri Afrobeats.

 Ati”Wizkid yari umuhanzi wa mbere twahaye amasezerano mu nzu yashinzwe na Banky W.  Muri uwo mwaka nakoranye indirimbo na Psquare, D’banj n’abandi”.

Akon yavuze ko Afrobeats yabonye umwanya I mahanga bitewe n’iyo mikoranire akaba asanga ari umugisha w’Imana kuba icyo yakozeho cyose cyaratanze umusaruro.

 Davido yanenze ubutegetsi bwa Nigeria

 Davido yanenze Leta ya Nigeria avuga ko ariyo mbi iri ku isi. Ati”Nigeria nta bayobozi beza ifite,kandi igihugu gifite abakene kubera abayobozi bakennye mu mutwe. Twambukije umuziki I mahanga ariko ntabwo bashaka kubibyaza umusaruro”.

 Davido yahishuye ko uruganda rw’imyidagaduro rwateye imbere rukaba rukurura ba mukerarugendo, kuko mu Ukuboza 2024 I Lagos hari abanyamerika benshi kurusha ba kavukire bo muri Nigeria.

 Yavuze ko mu myaka yashize abanyanijeriya bashimishwaga no kujya muri Amerika ariko abona byarahindutse kuko abanyamerika nibo benshi baza muri Nigeria.

 SZA yashimiye Beyonce wamuremeye

SZA yasobanuye uburyo ashimira Beyonce utaramusabye amafaranga ava ku ndirimbo ‘Listen’ iri kuri album yitwa’SOS’ yagiye hanze mu 2022. SZA yafashe indirimbo ya Beyonce yitwa ‘Listen’ yakoreshejwe kuri filime yitwa Dreamgirls yagiye hanze mu 2006.

SZA yagiranye amasezerano na Beyonce yitwa 50% split. Bikorwa iyo umuhanzi yafashe amagambo agize indirimbo ya mugenzi we akayakoresha cyangwa se agahinduraho make’adaptation’ bitandukanye na’ Sampling’ aho umuhanzi aterura indirimbo uko yakabaye.

Album ya SZA yamuzamuriye igikundiro atwara ibihembo bya Grammy birimo icya album ya R&B  nziza yatwaye mu 2024. Iyo album yaje kuri Billboard 200 mu byumweru 12.

 Casper Nyovest yateguje igitaramo cy’amateka

 Umuraperi wo muri Afurika y’Epfo, Casper Nyovest yabwiye abafana ko ku itariki 6 Ukuboza 2025 azakorera igitaramo muri Toyota stadium iherereye i Bloemfontein yakira ibihumbi 46 by’abafana. Ni amateka agiye kongera gukora nyuma y’uko mu 2015 yujuje stade wenyine mu gitaramo yise’ Fill Up the dome’.

 Kanye West yabaswe no kureba amashusho y’urukozasoni

Kanye West yasobanuye ko ubwo yari afite imyaka itanu, yakunze kureba ‘Playboy’ kuko na se ariyo yarebaga. Kuva ubwo yagiye ahura n’ingaruka mu buzima bwe kuko yabaye imbata yo kureba filimi z’urukozasoni.

Ibihe byaranze Kanye West bifitanye isano no kubatwa n’izo filimi; mu 2010 yigeze gukoresha umugore wambaye ubusa kuri album yitwa My Beautiful Dark Twisted Fantasy. Abantu baramwamaganye arabihindura.

 Mu 2014 yashakanye na Kim Kardashian waje gucuruza amashusho ya filimi z’urukozasoni. Mu 2018 mu birori bihemba abakina izo filime’Pornhub Awards’ yashyize hanze indirimbo yise ‘I Love it’.

 Mu 2022 yeretse abakozi filimi y’urukozasoni, ubwo bari mu nama ya Adidas. Mu 2023 Kanye West na Bianca Censori bafatiwe ibihano na sosiyete itwara abagenzi mu bwato byo kutazongera kujya mu Butaliyani bitewe n’uko bakoreye mu ruhame ibikorwa by’ishimishamubiri rishingiye ku gitsina.

 Mu 2024 yigeze gushaka gufungura studio ifata amashusho y’urukozasoni. Igitekerezo cyamaganiwe kure n’ushinzwe abakozi be witwa Milo yahise anasezera akazi.

 Mu 2025 yahinduye izina rya album yitwaga WW3 ayita Cuck, ijambo risobanura ubuzima bw’ubaswe no gukora imibanano mpuzabitsina.

 Qing Madi yatakaje abamukurikira kubera Yesu

Quingi Madi uri mu bagezweho muri Afrobeats yasobanuye ko umuziki wa Nigeria urimo amashitani.

Yanditse kuri Instagram story ye ko uruganda rwa Nigeria rurimo imbaraga z’umwijima. Yanibukije abantu ko yajyaga asangiza abantu ijambo ry’Imana, bamwe mu bamukurikiraga bamushiraho kubera kuvuga Yesu.

 Ni ubuhamya ahuriyeho na Kiz Daniel nawe wigeze kuvuga ko umuziki wa Nigeria uyobowe n’imyuka mibi kandi hari abanyempano batagaragara kuko batiteguye kuyoboka imbaraga z’ikuzimu.

 Sinners yinjije miliyoni $45

 Filime Sinners ya Michael B Jordan yatunganyijwe na Warner Bros mu cyumweru cya kabiri yinjije miliyoni $45 mu gihe ku ikubitiro ikijya hanze yari yinjije miliyoni $48. Mu minsi icyenda aho yerekaniwe mu nzu zabugenewe yinjije miliyoni $100. Ni amateka yaherukaga gukorwa na ‘Avatar’ yo mu 2009.

 Spotify yishyuye miliyoni $100 abakoresha Podcast

 Imibare ya Spotify yerekana ko mu gihembwe cya mbere cya 2025, Spotify yishyuye miliyoni $100 ku bashyiraho ibiganiro bizwi nka Podcast. Ni imibare ikiri hasi ugereranyije n’ayishyurwa indirimbo kuko mu 2024, Spotify yishyuye miliyali $10 ku bahanzi bayicuruzaho. Ni ukuvuga ko buri gihembwe abahanzi bishyurwa miliyali $2.5.

 Youtube yatangiye ari urubuga rwo guteretaniraho yujuje imyaka 20

 Urubuga rwa Youtube rwatangiye ruha rugari abari mu Rukundo ruri kwizihiza imyaka 20 rutangiye. Mu myaka 20 ishize abakozi batatu ba Paypal batangije Youtube.com, icyo gihe rwari urubuga rwo guteretana[Tune In, Hook Up].

 Steve Chen, Chad Hurley na Jawed Karim barutangije baje kubura abakiriya, bigira inama yo gukora amashusho yabo. Icyo gihe Karim yari muri pariki yifata amashusho yitwa’Me at the zoo’ ayasangiza abantu. Kuva ubwo batangiye kubona ko wakwifata amashusho ukayasangiza.

Mu 2007 Google yaje kubenguka Youtube irayigura asaga miliyali $1.6. kugeza amashusho arenga miliyali 20 yashyizwe kuri Youtube.

 Davido ari gukorana na Chris Brown indirimbo zirenga 20

Chris Brown ari mu myiteguro yo gukora isabukuru y’imyaka 20 mu muziki mu bitaramo yise’ Breezy Boy tour’. Ni igitekerezo bahuriyeho ku buryo iyo album nirangira bazakora ibitaramo mu 2026 bakazenguruka Afurika, Uburayi n’Amerika.

 

Akon yahetse Afrobeats, Qingi Madi atunga agatoki abahanzi bakoresha imyuka idasanzwe, Davido na Chris Brown bari gukorana album

May 2, 2025 - 10:07
May 2, 2025 - 10:11
 0
Akon yahetse Afrobeats, Qingi Madi atunga agatoki abahanzi bakoresha imyuka idasanzwe, Davido na Chris Brown bari gukorana album

Umuhanzi ufite ubwenegihugu bwa Amerika ariko akaba avuka muri Senegale, Akon yasobanuye ko yagize uruhare mu kuzamura umuziki wo mu njyana ya Afrobeats. Turebere hamwe amakuru y'imyidagaduro avugwa hanze y'u Rwanda


Akon yikomanze mu gatuza avuga ko akwiriye ikamba ry’ubwami kuko mu myaka ya za 2000 kugeza mu 2010 yagize imikoranire na bamwe mu bayobozi b’inzu zicuruza ibihangano n’abahanzi.

 Dailypost yanditse ko yagiye akorana indirimbo n’abahanzi mu bihe bitandukanye bikabafasha kwibona ku isoko mpuzamahanga.

Akon, nyiri Konvict Muzik yibuka ibihe yahaye amahirwe abahanzi barimo; Wizkid, Banky W, P-Square, D’banj. Ibi rero byagiye bifasha Afrobeats kwisanga ku isoko mpuzamahanga. Mu 2008 nibwo Akon yashyize hanze album ya nyuma yise ‘Freedom’.

 Mu 2010 Akon yakoze indirimbo zakoreshejwe mu gikombe cy’isi cyabereye muri Afurika y’epfo. Yavuye muri Afurika y’Epfo yerekeza muri Nigeria bashyira itafari kuri Afrobeats.

 Ati”Wizkid yari umuhanzi wa mbere twahaye amasezerano mu nzu yashinzwe na Banky W.  Muri uwo mwaka nakoranye indirimbo na Psquare, D’banj n’abandi”.

Akon yavuze ko Afrobeats yabonye umwanya I mahanga bitewe n’iyo mikoranire akaba asanga ari umugisha w’Imana kuba icyo yakozeho cyose cyaratanze umusaruro.

 Davido yanenze ubutegetsi bwa Nigeria

 Davido yanenze Leta ya Nigeria avuga ko ariyo mbi iri ku isi. Ati”Nigeria nta bayobozi beza ifite,kandi igihugu gifite abakene kubera abayobozi bakennye mu mutwe. Twambukije umuziki I mahanga ariko ntabwo bashaka kubibyaza umusaruro”.

 Davido yahishuye ko uruganda rw’imyidagaduro rwateye imbere rukaba rukurura ba mukerarugendo, kuko mu Ukuboza 2024 I Lagos hari abanyamerika benshi kurusha ba kavukire bo muri Nigeria.

 Yavuze ko mu myaka yashize abanyanijeriya bashimishwaga no kujya muri Amerika ariko abona byarahindutse kuko abanyamerika nibo benshi baza muri Nigeria.

 SZA yashimiye Beyonce wamuremeye

SZA yasobanuye uburyo ashimira Beyonce utaramusabye amafaranga ava ku ndirimbo ‘Listen’ iri kuri album yitwa’SOS’ yagiye hanze mu 2022. SZA yafashe indirimbo ya Beyonce yitwa ‘Listen’ yakoreshejwe kuri filime yitwa Dreamgirls yagiye hanze mu 2006.

SZA yagiranye amasezerano na Beyonce yitwa 50% split. Bikorwa iyo umuhanzi yafashe amagambo agize indirimbo ya mugenzi we akayakoresha cyangwa se agahinduraho make’adaptation’ bitandukanye na’ Sampling’ aho umuhanzi aterura indirimbo uko yakabaye.

Album ya SZA yamuzamuriye igikundiro atwara ibihembo bya Grammy birimo icya album ya R&B  nziza yatwaye mu 2024. Iyo album yaje kuri Billboard 200 mu byumweru 12.

 Casper Nyovest yateguje igitaramo cy’amateka

 Umuraperi wo muri Afurika y’Epfo, Casper Nyovest yabwiye abafana ko ku itariki 6 Ukuboza 2025 azakorera igitaramo muri Toyota stadium iherereye i Bloemfontein yakira ibihumbi 46 by’abafana. Ni amateka agiye kongera gukora nyuma y’uko mu 2015 yujuje stade wenyine mu gitaramo yise’ Fill Up the dome’.

 Kanye West yabaswe no kureba amashusho y’urukozasoni

Kanye West yasobanuye ko ubwo yari afite imyaka itanu, yakunze kureba ‘Playboy’ kuko na se ariyo yarebaga. Kuva ubwo yagiye ahura n’ingaruka mu buzima bwe kuko yabaye imbata yo kureba filimi z’urukozasoni.

Ibihe byaranze Kanye West bifitanye isano no kubatwa n’izo filimi; mu 2010 yigeze gukoresha umugore wambaye ubusa kuri album yitwa My Beautiful Dark Twisted Fantasy. Abantu baramwamaganye arabihindura.

 Mu 2014 yashakanye na Kim Kardashian waje gucuruza amashusho ya filimi z’urukozasoni. Mu 2018 mu birori bihemba abakina izo filime’Pornhub Awards’ yashyize hanze indirimbo yise ‘I Love it’.

 Mu 2022 yeretse abakozi filimi y’urukozasoni, ubwo bari mu nama ya Adidas. Mu 2023 Kanye West na Bianca Censori bafatiwe ibihano na sosiyete itwara abagenzi mu bwato byo kutazongera kujya mu Butaliyani bitewe n’uko bakoreye mu ruhame ibikorwa by’ishimishamubiri rishingiye ku gitsina.

 Mu 2024 yigeze gushaka gufungura studio ifata amashusho y’urukozasoni. Igitekerezo cyamaganiwe kure n’ushinzwe abakozi be witwa Milo yahise anasezera akazi.

 Mu 2025 yahinduye izina rya album yitwaga WW3 ayita Cuck, ijambo risobanura ubuzima bw’ubaswe no gukora imibanano mpuzabitsina.

 Qing Madi yatakaje abamukurikira kubera Yesu

Quingi Madi uri mu bagezweho muri Afrobeats yasobanuye ko umuziki wa Nigeria urimo amashitani.

Yanditse kuri Instagram story ye ko uruganda rwa Nigeria rurimo imbaraga z’umwijima. Yanibukije abantu ko yajyaga asangiza abantu ijambo ry’Imana, bamwe mu bamukurikiraga bamushiraho kubera kuvuga Yesu.

 Ni ubuhamya ahuriyeho na Kiz Daniel nawe wigeze kuvuga ko umuziki wa Nigeria uyobowe n’imyuka mibi kandi hari abanyempano batagaragara kuko batiteguye kuyoboka imbaraga z’ikuzimu.

 Sinners yinjije miliyoni $45

 Filime Sinners ya Michael B Jordan yatunganyijwe na Warner Bros mu cyumweru cya kabiri yinjije miliyoni $45 mu gihe ku ikubitiro ikijya hanze yari yinjije miliyoni $48. Mu minsi icyenda aho yerekaniwe mu nzu zabugenewe yinjije miliyoni $100. Ni amateka yaherukaga gukorwa na ‘Avatar’ yo mu 2009.

 Spotify yishyuye miliyoni $100 abakoresha Podcast

 Imibare ya Spotify yerekana ko mu gihembwe cya mbere cya 2025, Spotify yishyuye miliyoni $100 ku bashyiraho ibiganiro bizwi nka Podcast. Ni imibare ikiri hasi ugereranyije n’ayishyurwa indirimbo kuko mu 2024, Spotify yishyuye miliyali $10 ku bahanzi bayicuruzaho. Ni ukuvuga ko buri gihembwe abahanzi bishyurwa miliyali $2.5.

 Youtube yatangiye ari urubuga rwo guteretaniraho yujuje imyaka 20

 Urubuga rwa Youtube rwatangiye ruha rugari abari mu Rukundo ruri kwizihiza imyaka 20 rutangiye. Mu myaka 20 ishize abakozi batatu ba Paypal batangije Youtube.com, icyo gihe rwari urubuga rwo guteretana[Tune In, Hook Up].

 Steve Chen, Chad Hurley na Jawed Karim barutangije baje kubura abakiriya, bigira inama yo gukora amashusho yabo. Icyo gihe Karim yari muri pariki yifata amashusho yitwa’Me at the zoo’ ayasangiza abantu. Kuva ubwo batangiye kubona ko wakwifata amashusho ukayasangiza.

Mu 2007 Google yaje kubenguka Youtube irayigura asaga miliyali $1.6. kugeza amashusho arenga miliyali 20 yashyizwe kuri Youtube.

 Davido ari gukorana na Chris Brown indirimbo zirenga 20

Chris Brown ari mu myiteguro yo gukora isabukuru y’imyaka 20 mu muziki mu bitaramo yise’ Breezy Boy tour’. Ni igitekerezo bahuriyeho ku buryo iyo album nirangira bazakora ibitaramo mu 2026 bakazenguruka Afurika, Uburayi n’Amerika.