issa
Yaguye hasi kubera kubura amaraso!Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo abasirikare n'abasivile 

Yaguye hasi kubera kubura amaraso!Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo abasirikare n'abasivile 

Aug 13, 2025 - 16:32
 0

Urukiko rw'ibanze rwa gisirikare rwaburanishije abasirikare batatu, abakozi ba RCS , abanyamakuru batatu bazwi mu makuru y'imikino bafatwa nk'abasivile muri uru rubanza.


Ku wa 13 Kanama 2025 Urukiko rw'ibanze rwa Gisirikare ruri I Nyamirambo rwaburanishije abasaga 28 barimo abasirikare, abakozi b'Urwego rw'igihugu rushinzwe igorora, abanyamakuru batatu babarwa nk'abasivile muri uru rubanza. 

Uru rubanza ubwo rwari rutangiye kuburanishwa , Captain Peninah Mutoni, umwunganira mu mategeko yabwiye inteko iburanisha ko mu minsi yashize Mutoni yaguye hasi aho yari afungiye kubera kubura amaraso.

Abasirikare batatu barimo; Captain Peninah Mutoni na Captain Peninah Umurungi. Abakozi ba RCS barimo CSP Sengabo Hillary, na CSP Olive Mukantabana. Abasivili bari kuburanishwa barimo abanyamakuru bazwi; Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju, Ishimwe Ricard na Mucyo Antha Biganiro.

Ibyo bashinjwa

Ubushinjacyaha bwa gisirikare bubashinja ubufatanyacyaha mu kwakira no gutanga inyandiko utemerewe n'ubufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa Leta utagenewe. Kuba ibyitso ku cyaha cyo guha inyandiko abo zitagenewe no ku cyaha cyo gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe.

Ubushinjacyaha bushinja CSP Sengabo na CSP Mukantabana ndetse na Captain Peninah Umurungi kuba ibyitso ku cyaha cyo guha inyandiko abo zitagenewe no ku cyaha cyo gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe.

Yaguye hasi kubera kubura amaraso 

Captain Peninah Mutoni yatinze kubona ikirego dore ko yakibonye ku wa 12 Kanama 2025 ahagana saa mbili. Ni mu gihe umwunganira yabonye ikirego ku munsi w'urubanza. Muri uru rubanza kandi hahishuwe ko Captain Peninah Mutoni mu minsi yashize aho afungiye yabuze amaraso agwa hasi.

Yanagaragaje impamvu zo kujya kwa muganga kuko atwite bityo ko atiteguye kuburana. Yanabwiye inteko iburanisha ko yagombaga kujya kwa muganga.

Impamvu urubanza rwashyizwe mu muhezo

Nyuma yo kumva impamvu z'ababuranyi dore ko bose bahakanye ibyo baregwa, Ubushinjacyaha bwasabye ko urubanza ruburanishirizwa mu muhezo mu rwego rwo kwirinda ko ibyavugirwa mu ruhame byabangamira umutekano n'imico mbonezabupfura. Ubushinjacyaha bwanavuze ko ibyo baregwa bifitanye isano na Minisiteri y'Ingabo kandi nta buryo watandukanya iyo Minisiteri n'umutekano w'igihugu.

Urukiko rw'ibanze rwa gisirikare rwari rwuzuye imiryango,  inshuti, abafana ba APR FC, abanyamakuru ku buryo kubona aho ukandagira ngo ukurikire urubanza byasabye kuhagera mbere ya saa tatu za mu gitondo.

Umutekano wari wakajijwe ku buryo ku nguni zose z'urukiko hari abasirikare bo mu Ishami rishinzwe imyitwarire mu gisirikare ariko kandi ntawe babangamiye kuko no mu muhanda hari huzuye abaje kumva urwo rubanza.

Yaguye hasi kubera kubura amaraso!Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo abasirikare n'abasivile 

Aug 13, 2025 - 16:32
Aug 13, 2025 - 16:52
 0
Yaguye hasi kubera kubura amaraso!Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo abasirikare n'abasivile 

Urukiko rw'ibanze rwa gisirikare rwaburanishije abasirikare batatu, abakozi ba RCS , abanyamakuru batatu bazwi mu makuru y'imikino bafatwa nk'abasivile muri uru rubanza.


Ku wa 13 Kanama 2025 Urukiko rw'ibanze rwa Gisirikare ruri I Nyamirambo rwaburanishije abasaga 28 barimo abasirikare, abakozi b'Urwego rw'igihugu rushinzwe igorora, abanyamakuru batatu babarwa nk'abasivile muri uru rubanza. 

Uru rubanza ubwo rwari rutangiye kuburanishwa , Captain Peninah Mutoni, umwunganira mu mategeko yabwiye inteko iburanisha ko mu minsi yashize Mutoni yaguye hasi aho yari afungiye kubera kubura amaraso.

Abasirikare batatu barimo; Captain Peninah Mutoni na Captain Peninah Umurungi. Abakozi ba RCS barimo CSP Sengabo Hillary, na CSP Olive Mukantabana. Abasivili bari kuburanishwa barimo abanyamakuru bazwi; Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju, Ishimwe Ricard na Mucyo Antha Biganiro.

Ibyo bashinjwa

Ubushinjacyaha bwa gisirikare bubashinja ubufatanyacyaha mu kwakira no gutanga inyandiko utemerewe n'ubufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa Leta utagenewe. Kuba ibyitso ku cyaha cyo guha inyandiko abo zitagenewe no ku cyaha cyo gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe.

Ubushinjacyaha bushinja CSP Sengabo na CSP Mukantabana ndetse na Captain Peninah Umurungi kuba ibyitso ku cyaha cyo guha inyandiko abo zitagenewe no ku cyaha cyo gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe.

Yaguye hasi kubera kubura amaraso 

Captain Peninah Mutoni yatinze kubona ikirego dore ko yakibonye ku wa 12 Kanama 2025 ahagana saa mbili. Ni mu gihe umwunganira yabonye ikirego ku munsi w'urubanza. Muri uru rubanza kandi hahishuwe ko Captain Peninah Mutoni mu minsi yashize aho afungiye yabuze amaraso agwa hasi.

Yanagaragaje impamvu zo kujya kwa muganga kuko atwite bityo ko atiteguye kuburana. Yanabwiye inteko iburanisha ko yagombaga kujya kwa muganga.

Impamvu urubanza rwashyizwe mu muhezo

Nyuma yo kumva impamvu z'ababuranyi dore ko bose bahakanye ibyo baregwa, Ubushinjacyaha bwasabye ko urubanza ruburanishirizwa mu muhezo mu rwego rwo kwirinda ko ibyavugirwa mu ruhame byabangamira umutekano n'imico mbonezabupfura. Ubushinjacyaha bwanavuze ko ibyo baregwa bifitanye isano na Minisiteri y'Ingabo kandi nta buryo watandukanya iyo Minisiteri n'umutekano w'igihugu.

Urukiko rw'ibanze rwa gisirikare rwari rwuzuye imiryango,  inshuti, abafana ba APR FC, abanyamakuru ku buryo kubona aho ukandagira ngo ukurikire urubanza byasabye kuhagera mbere ya saa tatu za mu gitondo.

Umutekano wari wakajijwe ku buryo ku nguni zose z'urukiko hari abasirikare bo mu Ishami rishinzwe imyitwarire mu gisirikare ariko kandi ntawe babangamiye kuko no mu muhanda hari huzuye abaje kumva urwo rubanza.