AFC/M23 irashinja Leta ya Kinshasa igitero cy'ubugome nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro
Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko nyuma y'amasaha atarenze 72 Guverinoma y'iki gihugu isinyanye amasezerano y’amahoro n'u Rwanda i Washington, yahise ikora igikorwa cy’ubugome ikarasa indege ya gisivile yari itwaye ibikoresho by’ubutabazi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Ibi byatangajwe mu itangazo AFC/M23 yashyize hanze mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki ya 30 Kamena 2025, aho yavuze ko iyi ndege ya gisivile yarashwe n’igisirikare cya Congo ubwo yari iri i Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Iri huriro rivuga ko iki gikorwa cyaguyemo abantu ndetse n’ibikoresho byari bigenewe gutabara abaturage birimo imiti n’ibiribwa byagenewe abari mu buzima bubi.
AFC/M23 ishinja ubutegetsi bwa Kinshasa gukomeza umugambi wo kurimbura Abanyamulenge, ikagaragaza ko ibyo bikorwa bikomeje kwiyongera n’ubwo hari hamaze gusinywa amasezerano y’amahoro.
Mu butumwa bwabo, bagize bati "Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) iramagana bikomeye ibikorwa by’ubugome n’ubunyamaswa bikomeje gukorwa n’Ubutegetsi bwa Kinshasa, harimo no kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano. Birimo ibitero bikorerwa abaturage mu duce twa Kanyola, Kabare, Kigogo, Kadasomwa, Nyabiondo n’ahandi, bigakorwa ku bufatanye n’Ingabo z’u Burundi (FNDB), abarwanyi ba FDLR n’imitwe ya Wazalendo."
AFC/M23 ikomeje gutabariza abatuye i Minembwe cyane Abanyamulenge
AFC/M23 ivuga ko ubwicanyi bukorerwa Abanyamulenge budashobora kwihanganirwa kandi isaba ko bihagarara vuba na bwangu.
Ibi bibaye nyuma y’uko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’iy’u Rwanda zishyize umukono ku masezerano agamije kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo, mu masezerano yasinyiwe i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.


Kinyarwanda
English
Swahili









