issa
Abazungu bo muri Afurika y'Epfo bagiye muri Amerika ni ibigwari-Ramaphosa

Abazungu bo muri Afurika y'Epfo bagiye muri Amerika ni ibigwari-Ramaphosa

May 14, 2025 - 11:54
 0

Perezida Cyril Ramaphosa yavuze ko itsinda ry’abazungu bagera kuri 59 bo muri Afurika y’Epfo bemerewe ubuhungiro muri  Amerika ari "ibigwari", ndetse ngo mu gihe kidatinze bazagaruka.


Iri tsinda ryageze muri Amerika mu ntangiro z’iki cyumweru, bahawe ubuhungiro na Perezida Trump nyuma y’uko ngo bagiye bahura n’ivangura rishingiye ku ruhu.

Indege yatwaye aba bazungu, yabasanze ku kibuga cy’indege cya O.R Tambo kiri mu Mujyi wa Johannesburg. Mbere yo kuyijyamo, bari barinzwe n’abapolisi ba Afurika y’Epfo kugira ngo hatagira ubahohotera.

BBC itangaza ko Perezida Ramaphoza yavuze ko nta muntu wari ukwiye guhunga ibibazo, kuko abanyafurika y’Epfo bazwiho kwihambira bagahangana na byo.

Yagize ati: "Nka  Afurika y'Epfo, turihambira. Ntabwo duhunga ibibazo byacu. Tugomba gushikama tugakemura ibibazo byacu. Iyo uhunze uba ikigwari, kandi icyo ni igikorwa cy'ubugwari."

Kuri uyu wa mbere, ubwo yari mu imurikagurisha ry’ubuhinzi , Ramaphosa yavuze ko Abanyafurika bimukiye muri Amerika kubera ko "batiteguye neza gushyira imbaraga mu guhangana no gukemura ibibazo biri mu gihugu.

Ramaphosa ati: "Iyo urebye amatsinda yose yo mu gihugu cyacu, abirabura n'abazungu, bagumye muri iki gihugu kuko ari igihugu cyacu kandi ntitugomba guhunga ibibazo byacu. Tugomba kuguma hano tugakemura ibibazo byacu."

Yakomeje agira ati: "Ndemeza  ko bazagaruka vuba kuko nta gihugu nka Afurika y'Epfo".

Trump na Elon Musk, bavuze ko muri Afurika y'Epfo habaye "itsembabwoko" ry’abahinzi b’abazungu.Amerika kandi yashinje guverinoma y'Afurika y'Epfo gufata ubutaka ku bahinzi b'abazungu batishyuye indishyi.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Abazungu bo muri Afurika y'Epfo bagiye muri Amerika ni ibigwari-Ramaphosa

May 14, 2025 - 11:54
 0
Abazungu bo muri Afurika y'Epfo bagiye muri Amerika ni ibigwari-Ramaphosa

Perezida Cyril Ramaphosa yavuze ko itsinda ry’abazungu bagera kuri 59 bo muri Afurika y’Epfo bemerewe ubuhungiro muri  Amerika ari "ibigwari", ndetse ngo mu gihe kidatinze bazagaruka.


Iri tsinda ryageze muri Amerika mu ntangiro z’iki cyumweru, bahawe ubuhungiro na Perezida Trump nyuma y’uko ngo bagiye bahura n’ivangura rishingiye ku ruhu.

Indege yatwaye aba bazungu, yabasanze ku kibuga cy’indege cya O.R Tambo kiri mu Mujyi wa Johannesburg. Mbere yo kuyijyamo, bari barinzwe n’abapolisi ba Afurika y’Epfo kugira ngo hatagira ubahohotera.

BBC itangaza ko Perezida Ramaphoza yavuze ko nta muntu wari ukwiye guhunga ibibazo, kuko abanyafurika y’Epfo bazwiho kwihambira bagahangana na byo.

Yagize ati: "Nka  Afurika y'Epfo, turihambira. Ntabwo duhunga ibibazo byacu. Tugomba gushikama tugakemura ibibazo byacu. Iyo uhunze uba ikigwari, kandi icyo ni igikorwa cy'ubugwari."

Kuri uyu wa mbere, ubwo yari mu imurikagurisha ry’ubuhinzi , Ramaphosa yavuze ko Abanyafurika bimukiye muri Amerika kubera ko "batiteguye neza gushyira imbaraga mu guhangana no gukemura ibibazo biri mu gihugu.

Ramaphosa ati: "Iyo urebye amatsinda yose yo mu gihugu cyacu, abirabura n'abazungu, bagumye muri iki gihugu kuko ari igihugu cyacu kandi ntitugomba guhunga ibibazo byacu. Tugomba kuguma hano tugakemura ibibazo byacu."

Yakomeje agira ati: "Ndemeza  ko bazagaruka vuba kuko nta gihugu nka Afurika y'Epfo".

Trump na Elon Musk, bavuze ko muri Afurika y'Epfo habaye "itsembabwoko" ry’abahinzi b’abazungu.Amerika kandi yashinje guverinoma y'Afurika y'Epfo gufata ubutaka ku bahinzi b'abazungu batishyuye indishyi.