Abantu 73 bapfiriye muri Gaza
Minisiteri y’Ubuzima muri Gaza, yatangaje ko ibitero bya Israel byishe abantu 73 biganjemo abari bagiye gufata imfashanyo z’ibiribwa.
Minisiteri y’Ubuzima yavuze ko Ingabo za Israel zarashe ku bantu bari bategereje amakamyo ya Loni yari atwaye imfashanyo yagombaga kugera mu Majyaruguru ya Gaza.
Imibare igaragaza ko abantu 67 biciwe mu Majyaruguru ya Gaza mu gihe batandatu biciwe muri Khan Younnis.
Loni yatangaje ko amakamyo yayo 25 yari atwaye imfashanyo yamaze gusuzumwa ku mupaka basanga ategerejwe n’abantu benshi bashonje.
Ku ruhande rw'ingabo za Israel, zo zavuze ko zarashe zigamije kuburira abantu no kwirukana umwanzi.
Ingabo za Israel zivuga ko imijyi ya Beit Lahia, Jabalya na Beit Hanoun iri mu bice birimo intambara bityo abayirimo bakwiye kwitonda bakirinda kugendagenda mu gace.


Kinyarwanda
English
Swahili









