Inote zishaje za 500 Frw, 1000 Frw, 2000 Frw na 5000 Frw zahagaritswe
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu, yemeje Iteka rya Perezida rikuraho inoti zishaje za 500 Frw, inoti za 1000 Frw, inoti za 2000 Frw n’inoti za 5000 Frw inemeza umushinga w’itegeko rigenga Banki Nkuru y’u Rwanda ndetse inashyira mu myanya abayobozi batandukanye muri Minisiteri n’ibigo bya Leta bitandukanye.
Iyi nama yateranye kuri uyu wa 28 Ugushyingo 2025 iyoborwa na Perezida Kagame, iteranira muri Village Urugwiro.
Inoti zahagaritswe ni iza 500 Frw zakozwe mu 2004 na 2013, iza 1000 Frw zakozwe mu 2004 na 2015, iza 2000 Frw zakozwe mu 2007 n’iza 5000 Frw zakozwe mu 2004 na 2009. Igihe ntarengwa cy’inoti zishaje kuba zitagikoreshwa ni amezi 12: Nyuma y’iki gihe, inoti zakuweho ntizizongera kugira agaciro mu Rwanda.
Ni mu gihe mu bayobozi bashyizwe mu myanya n’Inama y’Abaminisitiri harimo Nirere Madeleine wongerwe manda nk’Umuvunyi Mukuru, Amb. Fidelis Mironko wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, na Jean Marie Vianney Ndayizigiye wagizwe Umunyabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubuzima.


Kinyarwanda
English
Swahili









