issa
Abandi bantu baguye mu gitero cy’Uburusiya muri Ukraine

Abandi bantu baguye mu gitero cy’Uburusiya muri Ukraine

Jul 13, 2025 - 04:48
 0

Nibura abantu bane bapfuye naho abandi benshi barakomereka ubwo Uburusiya bwatangizaga igitero gikomeye cy’indege zitagira abapilote (drones) n’ibisasu bya misile kuri Ukraine kuva mu ijoro ryo ku wa Gatanu kugeza mu gitondo cyo ku wa Gatandatu.


Nk’uko ikinyamakuru AP News kibivuga, mu Karere ka Chernivtsi mu Majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Ukraine, abantu babiri bapfuye naho abandi 14 barakomereka mu gace ka Bukovina nyuma y’uko Ingabo z’Uburusiya zateraga n’indege enye zitagira abapilote hamwe na misile imwe, nk’uko Guverineri w’Akarere Ruslan Zaparaniuk yabitangaje.

Ahandi, abantu icyenda bakomeretse mu Karere ka Lviv mu Burengerazuba bwa Ukraine mu kindi gitero cy’indege za drone, nk’uko Guverineri Maksym Kozytskyi yabitangaje.

Mu Mujyi wo mu Majyaruguru y’Uburasirazuba wa Kharkiv, abandi bantu batatu barakomereka nyuma y’uko drones umunani na misile ebyiri zigabye igitero kuri uwo Mujyi, nk’uko Meya Ihor Terekhov abivuga.

Ingabo z’ikirere za Ukraine zatangaje ko Uburusiya bwamennye drones 597 n’ibikoresho byo kuyobya no gukurura ingabo (decoys), hamwe na misile 26 zo mu bwoko bwa cruise mu gihugu hose nijoro.

Ingabo za Ukraine zavuze ko zarashe drones 319 na misile 25, naho izindi drones 258 zikaba zishobora kuba zarangiritse kubera uburyo bwo kuyobya hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Ibitero byakomeje no mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, aho abandi bantu babiri bapfuye nyuma y’igitero cya misile mu karere ka Dnipropetrovsk, nk’uko Guverineri Serhii Lysak yabyemeje. 

Umunyamuryango wa Loni OHCHR yavuze ko kuva tariki ya 24 Gashyantare 2022 kugeza 31 Gicurasi 2025, abantu 13 341 b’abasivile bari bamaze gutakaza ubuzima , abandi 32 744 barakomereka, icyakora ikaba ari imibare yatangajwe ariko ishobora kuba iri hejuru y’iyi. 

Naho ku ruhande rw’abasirikare Perezida Zelensky yavuze ko abasirikare ba Ukraine bagera kuri 43 000 bamaze gupfa, abandi 370 000 bakomeretse kugeza mu mpera za 2024.

Abandi bantu baguye mu gitero cy’Uburusiya muri Ukraine

Jul 13, 2025 - 04:48
Jul 13, 2025 - 15:58
 0
Abandi bantu baguye mu gitero cy’Uburusiya muri Ukraine

Nibura abantu bane bapfuye naho abandi benshi barakomereka ubwo Uburusiya bwatangizaga igitero gikomeye cy’indege zitagira abapilote (drones) n’ibisasu bya misile kuri Ukraine kuva mu ijoro ryo ku wa Gatanu kugeza mu gitondo cyo ku wa Gatandatu.


Nk’uko ikinyamakuru AP News kibivuga, mu Karere ka Chernivtsi mu Majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Ukraine, abantu babiri bapfuye naho abandi 14 barakomereka mu gace ka Bukovina nyuma y’uko Ingabo z’Uburusiya zateraga n’indege enye zitagira abapilote hamwe na misile imwe, nk’uko Guverineri w’Akarere Ruslan Zaparaniuk yabitangaje.

Ahandi, abantu icyenda bakomeretse mu Karere ka Lviv mu Burengerazuba bwa Ukraine mu kindi gitero cy’indege za drone, nk’uko Guverineri Maksym Kozytskyi yabitangaje.

Mu Mujyi wo mu Majyaruguru y’Uburasirazuba wa Kharkiv, abandi bantu batatu barakomereka nyuma y’uko drones umunani na misile ebyiri zigabye igitero kuri uwo Mujyi, nk’uko Meya Ihor Terekhov abivuga.

Ingabo z’ikirere za Ukraine zatangaje ko Uburusiya bwamennye drones 597 n’ibikoresho byo kuyobya no gukurura ingabo (decoys), hamwe na misile 26 zo mu bwoko bwa cruise mu gihugu hose nijoro.

Ingabo za Ukraine zavuze ko zarashe drones 319 na misile 25, naho izindi drones 258 zikaba zishobora kuba zarangiritse kubera uburyo bwo kuyobya hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Ibitero byakomeje no mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, aho abandi bantu babiri bapfuye nyuma y’igitero cya misile mu karere ka Dnipropetrovsk, nk’uko Guverineri Serhii Lysak yabyemeje. 

Umunyamuryango wa Loni OHCHR yavuze ko kuva tariki ya 24 Gashyantare 2022 kugeza 31 Gicurasi 2025, abantu 13 341 b’abasivile bari bamaze gutakaza ubuzima , abandi 32 744 barakomereka, icyakora ikaba ari imibare yatangajwe ariko ishobora kuba iri hejuru y’iyi. 

Naho ku ruhande rw’abasirikare Perezida Zelensky yavuze ko abasirikare ba Ukraine bagera kuri 43 000 bamaze gupfa, abandi 370 000 bakomeretse kugeza mu mpera za 2024.