Umunyamakuru wa 'Al Jazeera' yiciwe mu gitero cya Israel cyaguyemo abanye Gaza barenga 50
Ingabo za Isiraheli zishe umunyamakuru Hossam Shabat wakoreraga ikinyamakuru Al Jazeera mu gitero cyagabwe kuri Palestine uyu munsi, muri Khan Younis mu majyepfo ya Gaza.
Ibiro bya Leta bishinzwe itangazamakuru muri Gaza, byavuze ko byamaganye byimazeyo igitero icyaricyo cyose kibasira abanyamakuru ba Palesitine. Biti: “Turahamagarira ihuriro mpuzamahanga ry’abanyamakuru, ihuriro ry’abanyamakuru b’abarabu, n’inzego zose z’abanyamakuru ku isi, kwamagana ibyo byaha bishingiye ku kwibasira abanyamakuru b’abanyapalestine muri Gaza.”
Palestine ishinja Isiraheli na Amerika, kuyigabaho ibitero ndetse ikanavuga ko ibindi bihugu k'Ubwongereza, Ubudage, n'Ubufaransa, bifite uruhare runini mu kubakorera Jenoside.
Inzego z'ubuzima , zivuga ko umubare w’abantu bapfuye bazize ibisasu bya Isiraheli kuri uyu wa mbere mu karere ka Gaza ari 51.


Kinyarwanda
English
Swahili









