Umuhanzi wo muri Uganda yakuye imodoka kuri 'Live' ya TikTok

Umuhanzi wo muri Uganda yakuye imodoka kuri 'Live' ya TikTok

May 3, 2025 - 20:02
 0

Umuhanzi Bruno K ugezweho muri Uganda, yateye intambwe ikomeye, ava ku modoka ya Toyota Passo agura Subaru byose abikesha ikiganiro cya 'TikTok Live' akora cyitwa Ekiboozi.


Uyu muhanzi aherutse gukora iki kiganiro gikurikirwa n'abenshi, aho yakuye inkunga zirimo n'impano zitangirwa kuri TikTok yahawe n'abafana be ndetse n’abamushyigikiye, barimo n'uwitwa Maama Fiina wamuhaye angana na miliyoni 10 z’amashilingi Uganda.

Abandi bamushyigikiye barimo umunyamakuru Kasuku, Faridah Nakazibwe, Jackie O, na Amin, bose bagize uruhare mu gutuma inzozi z'uyu muhanzi ziba impamo.

Bruno K yasangije abamukurikira aya makuru ku mbuga nkoranyambaga ze, agira ati:

"Bwa nyuma na nyuma imodoka yacu iri hano. Warakoze Maama Fiina, Kasuku, Faridah Nakazibwe, Jackie O, mukuru wanjye Amin ndetse n’abandi bose babigizemo uruhare, mwarakoze gukunda itsinda rya Bruno K. Iyo Yesu avuze yego, ntawe ushobora kuvuga oya. Reka duhure ninjoro saa yine kuri TikTok mu kiganiro cyanjye Ekiboozi."

Bruno K yicaye ku modoka yaguze bivuye ku mpano yahawe kuri TikTok 

Anselme Tuyizere Media Personality/Sports-Entertainment Tel:+250791737786 Email: [email protected]

Umuhanzi wo muri Uganda yakuye imodoka kuri 'Live' ya TikTok

May 3, 2025 - 20:02
 0
Umuhanzi wo muri Uganda yakuye imodoka kuri 'Live' ya TikTok

Umuhanzi Bruno K ugezweho muri Uganda, yateye intambwe ikomeye, ava ku modoka ya Toyota Passo agura Subaru byose abikesha ikiganiro cya 'TikTok Live' akora cyitwa Ekiboozi.


Uyu muhanzi aherutse gukora iki kiganiro gikurikirwa n'abenshi, aho yakuye inkunga zirimo n'impano zitangirwa kuri TikTok yahawe n'abafana be ndetse n’abamushyigikiye, barimo n'uwitwa Maama Fiina wamuhaye angana na miliyoni 10 z’amashilingi Uganda.

Abandi bamushyigikiye barimo umunyamakuru Kasuku, Faridah Nakazibwe, Jackie O, na Amin, bose bagize uruhare mu gutuma inzozi z'uyu muhanzi ziba impamo.

Bruno K yasangije abamukurikira aya makuru ku mbuga nkoranyambaga ze, agira ati:

"Bwa nyuma na nyuma imodoka yacu iri hano. Warakoze Maama Fiina, Kasuku, Faridah Nakazibwe, Jackie O, mukuru wanjye Amin ndetse n’abandi bose babigizemo uruhare, mwarakoze gukunda itsinda rya Bruno K. Iyo Yesu avuze yego, ntawe ushobora kuvuga oya. Reka duhure ninjoro saa yine kuri TikTok mu kiganiro cyanjye Ekiboozi."

Bruno K yicaye ku modoka yaguze bivuye ku mpano yahawe kuri TikTok 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.