issa
Umubano wa Trump na Musk ushobora kutazasubiraho ukundi

Umubano wa Trump na Musk ushobora kutazasubiraho ukundi

Jun 8, 2025 - 13:54
 0

Perezida Donald Trump ku wa gatandatu yatangaje ko umubano we na Elon Musk, umuherwe w’ikoranabuhanga, urangiye, anaburira ko hazabaho ingaruka zikomeye kuri Musk mu gihe yaba yemeye gutera inkunga Abademokarate bo muri Amerika bahanganye n’Abarepubulikani bashyigikiye umushinga w’itegeko rya Trump rigena imisoro n’ingengo y’imari.


Igihe yabazwaga niba atekereza ko umubano we n’umuyobozi wa Tesla na SpaceX urangiye, Trump yavuze ko rwose nawe ariko abibona. 

Uyu mu Repubulikani kandi yavuze ko nta gahunda afite yo kongera gusubiza ku murongo umubano we na Musk mu buryo. 

Ariko kandi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko atigeze atekereza ku gusesa amasezerano leta ya Amerika ifitanye n’ibigo bya Musk birimo StarLink, itanga internet binyuze ku nyenyeri, cyangwa SpaceX, itangiza ibyogajuru.

Amakuru dukesha ikinyamakuru DAILY POST cyatangaje ko Musk na Trump batangiye gutukana mu cyumweru gishize, aho Musk yamaganye itegeko rya Trump arivuga nk’igikorwa kigayitse giteye iseseme.

Amakuru avuga ko kwanga kwa Musk iryo tegeko byagoye cyane inzira yo kurishyiraho mu nteko ishinga amategeko ya Amerika, aho Abarepubulikani bafite ubwiganze buke cyane mu Nteko Ishinga Amategeko (House of Representatives) no muri Sena.

Iryo tegeko bivugwa ko ryemejwe bigoranye n’Inteko Ishinga Amategeko mu kwezi gushize, ubu rikaba riri muri Sena, aho bagenzi ba Trump bo mu ishyaka rye barimo gutekereza ku buryo bashobora kurihindura.

Umubano wa Trump na Musk ushobora kutazasubiraho ukundi

Jun 8, 2025 - 13:54
 0
Umubano wa Trump na Musk ushobora kutazasubiraho ukundi

Perezida Donald Trump ku wa gatandatu yatangaje ko umubano we na Elon Musk, umuherwe w’ikoranabuhanga, urangiye, anaburira ko hazabaho ingaruka zikomeye kuri Musk mu gihe yaba yemeye gutera inkunga Abademokarate bo muri Amerika bahanganye n’Abarepubulikani bashyigikiye umushinga w’itegeko rya Trump rigena imisoro n’ingengo y’imari.


Igihe yabazwaga niba atekereza ko umubano we n’umuyobozi wa Tesla na SpaceX urangiye, Trump yavuze ko rwose nawe ariko abibona. 

Uyu mu Repubulikani kandi yavuze ko nta gahunda afite yo kongera gusubiza ku murongo umubano we na Musk mu buryo. 

Ariko kandi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko atigeze atekereza ku gusesa amasezerano leta ya Amerika ifitanye n’ibigo bya Musk birimo StarLink, itanga internet binyuze ku nyenyeri, cyangwa SpaceX, itangiza ibyogajuru.

Amakuru dukesha ikinyamakuru DAILY POST cyatangaje ko Musk na Trump batangiye gutukana mu cyumweru gishize, aho Musk yamaganye itegeko rya Trump arivuga nk’igikorwa kigayitse giteye iseseme.

Amakuru avuga ko kwanga kwa Musk iryo tegeko byagoye cyane inzira yo kurishyiraho mu nteko ishinga amategeko ya Amerika, aho Abarepubulikani bafite ubwiganze buke cyane mu Nteko Ishinga Amategeko (House of Representatives) no muri Sena.

Iryo tegeko bivugwa ko ryemejwe bigoranye n’Inteko Ishinga Amategeko mu kwezi gushize, ubu rikaba riri muri Sena, aho bagenzi ba Trump bo mu ishyaka rye barimo gutekereza ku buryo bashobora kurihindura.