issa
U Rwanda, Uganda, Kenya, na Tanzania bizakoresha ingengo y’imari ya miliyari zisaga $80

U Rwanda, Uganda, Kenya, na Tanzania bizakoresha ingengo y’imari ya miliyari zisaga $80

Jun 12, 2025 - 19:10
 0

Abaminisitiri b'Ubukungu n'Imari mu bihugu bihuriye mu muryango wa EAC, birimo u Rwanda, Uganda, Kenya, na Tanzania, berekanye ingendo y'imari y'umwaka 2025/26 imbere y'Inteko Nshinga Mategeko.


Ingengo y'Imari ya Kenya 

Minisitiri w'Imari muri Kenya, John Mbadi, yatangaje ko ingengo y'imari y'iki gihugu mu mwaka 2025/26 ingana na tiriyoni 4.29 z'Amashilingi ya Kenya (angangana na miliyari $33.03).

Guverinoma iteganya ko izakura tiriyoni Ksh 3.328 (miliyari $25.63) mu misoro isanzwe n’inkunga ziteganyijwe, naho miliyari Ksh 916.5 (miliyari $7.06) izava mu nguzanyo igihugu kizakira.

Ingengo y'Imari y'u Rwanda 

Mu Rwanda, Minisitiri w’Imari, Yussuf Murangwa, nawe yageje ku Nteko Ishinga Amategeko ingengo y’imari y’umwaka ya 2025/26 ingana na tiriyoni 7 z’amafaranga y’u Rwanda (miliyari $4.9).

Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi w'u Rwanda, Murangwa Yussuf yerekanye ingengo y’imari y’umwaka wa 2025/26

Guverinoma igaragaza ko iyi ngengo y'imari yiyongereyeho angana na tiriyoni 1.2 Rwf (miliyoni $840), bingana n’izamuka rya 21% ugereranyije na tiriyoni 5.8 Rwf (miliyari $4.06) z’ingengo y’imari y’umwaka ushize .

Ibikorwa by’ingenzi bizibandwaho muri iyi ngengo y'imari, birimo iyubakwa ry’ikibuga cy’indege gishya i Bugesera, ubuhinzi, uburezi, ubuvuzi, no kugeza amashanyarazi ku baturage benshi.

Guverinoma y’u Rwanda yiteze kuzabona tiriyoni 4.1 Rwf (miliyari $2.87) binyuze mu misoro n’andi mafaranga yinjira imbere mu gihugu, akazaba angana na 58% by’ingengo y’imari yose.

Ingengo y'Imari ya Uganda 

Minisitiri w’Imari wa Uganda, Matia Kasaija, nawe yamaze kugaragaza ingengo y’imari y’igihugu izibanda ku bikorwa bijyanye no gutunganya ibikomoka kuri peteroli ndetse no kubaka ibikorwa remezo, hagamijwe kongera umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP) ho tiriyoni Ugx 27.3 (miliyari $7.55) muri iyu mwaka.

Minisiteri y'Imari iteganya ko ingengo y'imari y'igihugu muri Uganda, izaba ari tiriyoni Ugx 72.3 (miliyari $20) mu mwaka wa 2025/26, ikaba idatandukanye cyane na tiriyoni Ugx 72.1 (miliyari $19.94) yakoreshejwe mu mwaka w'ingengo y'imari wa 2024/25.

Minisitiri Matia Kasaija yagaragaje ko muri uyu mwaka w'ingengo y'imari, Uganda izibanda ku bijyanye no kubaka ibikorwaremezo 

Ingengo y'Imari ya Tanzania 

Minisitiri w’Imari wa Tanzania, Mwigulu Nchemba, nawe yatangaje ingengo y’imari y'iki gihugu izaba ingana na tiriyoni Tsh 57.3 (miliyari $21.93) mu mwaka wa 2025/2026, ikaba yarazamutse ku kigero cya 16% ugereranyije na tiriyoni Tsh 49.3 (miliyari $18.87) by’ingengo y’imari y’uyu mwaka uri kurangira wa 2024/2025.

Ibikorwa by’ingenzi bizibandwa birimo gushyiraho uburyo bumwe bwo kwishyura Leta hagamijwe kunoza imicungire y’imisoro, kongera umutekano mu by'ikoranabuhanga, n'ibindi.

Anselme Tuyizere Media Personality/Sports-Entertainment Tel:+250791737786 Email: anselmetuyizere07@gmail.com

U Rwanda, Uganda, Kenya, na Tanzania bizakoresha ingengo y’imari ya miliyari zisaga $80

Jun 12, 2025 - 19:10
Jun 12, 2025 - 20:20
 0
U Rwanda, Uganda, Kenya, na Tanzania bizakoresha ingengo y’imari ya miliyari zisaga $80

Abaminisitiri b'Ubukungu n'Imari mu bihugu bihuriye mu muryango wa EAC, birimo u Rwanda, Uganda, Kenya, na Tanzania, berekanye ingendo y'imari y'umwaka 2025/26 imbere y'Inteko Nshinga Mategeko.


Ingengo y'Imari ya Kenya 

Minisitiri w'Imari muri Kenya, John Mbadi, yatangaje ko ingengo y'imari y'iki gihugu mu mwaka 2025/26 ingana na tiriyoni 4.29 z'Amashilingi ya Kenya (angangana na miliyari $33.03).

Guverinoma iteganya ko izakura tiriyoni Ksh 3.328 (miliyari $25.63) mu misoro isanzwe n’inkunga ziteganyijwe, naho miliyari Ksh 916.5 (miliyari $7.06) izava mu nguzanyo igihugu kizakira.

Ingengo y'Imari y'u Rwanda 

Mu Rwanda, Minisitiri w’Imari, Yussuf Murangwa, nawe yageje ku Nteko Ishinga Amategeko ingengo y’imari y’umwaka ya 2025/26 ingana na tiriyoni 7 z’amafaranga y’u Rwanda (miliyari $4.9).

Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi w'u Rwanda, Murangwa Yussuf yerekanye ingengo y’imari y’umwaka wa 2025/26

Guverinoma igaragaza ko iyi ngengo y'imari yiyongereyeho angana na tiriyoni 1.2 Rwf (miliyoni $840), bingana n’izamuka rya 21% ugereranyije na tiriyoni 5.8 Rwf (miliyari $4.06) z’ingengo y’imari y’umwaka ushize .

Ibikorwa by’ingenzi bizibandwaho muri iyi ngengo y'imari, birimo iyubakwa ry’ikibuga cy’indege gishya i Bugesera, ubuhinzi, uburezi, ubuvuzi, no kugeza amashanyarazi ku baturage benshi.

Guverinoma y’u Rwanda yiteze kuzabona tiriyoni 4.1 Rwf (miliyari $2.87) binyuze mu misoro n’andi mafaranga yinjira imbere mu gihugu, akazaba angana na 58% by’ingengo y’imari yose.

Ingengo y'Imari ya Uganda 

Minisitiri w’Imari wa Uganda, Matia Kasaija, nawe yamaze kugaragaza ingengo y’imari y’igihugu izibanda ku bikorwa bijyanye no gutunganya ibikomoka kuri peteroli ndetse no kubaka ibikorwa remezo, hagamijwe kongera umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP) ho tiriyoni Ugx 27.3 (miliyari $7.55) muri iyu mwaka.

Minisiteri y'Imari iteganya ko ingengo y'imari y'igihugu muri Uganda, izaba ari tiriyoni Ugx 72.3 (miliyari $20) mu mwaka wa 2025/26, ikaba idatandukanye cyane na tiriyoni Ugx 72.1 (miliyari $19.94) yakoreshejwe mu mwaka w'ingengo y'imari wa 2024/25.

Minisitiri Matia Kasaija yagaragaje ko muri uyu mwaka w'ingengo y'imari, Uganda izibanda ku bijyanye no kubaka ibikorwaremezo 

Ingengo y'Imari ya Tanzania 

Minisitiri w’Imari wa Tanzania, Mwigulu Nchemba, nawe yatangaje ingengo y’imari y'iki gihugu izaba ingana na tiriyoni Tsh 57.3 (miliyari $21.93) mu mwaka wa 2025/2026, ikaba yarazamutse ku kigero cya 16% ugereranyije na tiriyoni Tsh 49.3 (miliyari $18.87) by’ingengo y’imari y’uyu mwaka uri kurangira wa 2024/2025.

Ibikorwa by’ingenzi bizibandwa birimo gushyiraho uburyo bumwe bwo kwishyura Leta hagamijwe kunoza imicungire y’imisoro, kongera umutekano mu by'ikoranabuhanga, n'ibindi.