U Rwanda ruri mu biganiro n'abagenzura imbuga nkoranyambaga bigamije gukumira abagoreka amateka ya Jenoside

U Rwanda ruri mu biganiro n'abagenzura imbuga nkoranyambaga bigamije gukumira abagoreka amateka ya Jenoside

Apr 3, 2025 - 12:56
 0

Leta y'u Rwanda iri mu biganiro n'abagenzura imbuga nkoranyambaga bigamije gukumira abagoreka amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, bifashijije izi mbuga.


Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana yatangaje ko ibiganiro bikomeje hagati ya Leta y'u Rwanda n’abagenzura imbuga nkoranyambaga hagamijwe gukumira abakoresha imvugo z'urwango, kugoreka amateka ndetse no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. 

Minisitiri yavuze ko imwe mu mbogamizi zihari ari uko abagenzura izi mbuga, rimwe na rimwe bahura n’imbogamizi zo kudasobanukirwa neza ibiganiro bizinyuraho biri mu Kinyarwanda. Gusa, yizeza ko hari gushyirwamo imbaraga kugira ngo iki kibazo gishakirwe umuti.

Yasabye abakoresha imbuga nkoranyambaga kuzikoresha mu buryo buboneye, bagaragaza ibitekerezo byabo ariko birinda amagambo asesereza, apfobya n’ahakana Jenoside kuko bihabanye n’indangagaciro z’umuco nyarwanda.

Ibi Minisitiri Dr. Bizimana, yabigarutseho mu gihe u Rwanda n'Isi yose muri rusange bitegura kwinjira mu cyumweru cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Anselme Tuyizere Media Personality/Sports-Entertainment Tel:+250791737786 Email: [email protected]

U Rwanda ruri mu biganiro n'abagenzura imbuga nkoranyambaga bigamije gukumira abagoreka amateka ya Jenoside

Apr 3, 2025 - 12:56
Apr 3, 2025 - 13:29
 0
U Rwanda ruri mu biganiro n'abagenzura imbuga nkoranyambaga bigamije gukumira abagoreka amateka ya Jenoside

Leta y'u Rwanda iri mu biganiro n'abagenzura imbuga nkoranyambaga bigamije gukumira abagoreka amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, bifashijije izi mbuga.


Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana yatangaje ko ibiganiro bikomeje hagati ya Leta y'u Rwanda n’abagenzura imbuga nkoranyambaga hagamijwe gukumira abakoresha imvugo z'urwango, kugoreka amateka ndetse no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. 

Minisitiri yavuze ko imwe mu mbogamizi zihari ari uko abagenzura izi mbuga, rimwe na rimwe bahura n’imbogamizi zo kudasobanukirwa neza ibiganiro bizinyuraho biri mu Kinyarwanda. Gusa, yizeza ko hari gushyirwamo imbaraga kugira ngo iki kibazo gishakirwe umuti.

Yasabye abakoresha imbuga nkoranyambaga kuzikoresha mu buryo buboneye, bagaragaza ibitekerezo byabo ariko birinda amagambo asesereza, apfobya n’ahakana Jenoside kuko bihabanye n’indangagaciro z’umuco nyarwanda.

Ibi Minisitiri Dr. Bizimana, yabigarutseho mu gihe u Rwanda n'Isi yose muri rusange bitegura kwinjira mu cyumweru cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.