DRC: Izindi mfungwa 117  zirimo n’abasirikare 74  zababariwe

DRC: Izindi mfungwa 117  zirimo n’abasirikare 74 zababariwe

Apr 9, 2025 - 12:31
 0

kuri uyu wa Kabiri taliki 8 Mata, Perezida Tshisekedi yababariye izindi mfungwa 117 zari zarakatiwe ibihano bitandukanye birimo n'igihano cy'urupfu, muri izo mfungwa hakaba hari harimo n’abasirikare bashinjwaga bitandukanye birimo no guhunga urugamba.


Abarekuwe ni abasanzwe barahamijwe ibyaha n'inkiko zibifitiye ububasha, bafungiwe muri gereza nkuru ya Kangbayi mu mujyi wa Beni, muri Kivu y’Amajyaruguru. 

Guverineri  w’iyi Ntara, Evariste Somo ni we warekuye izo mfungwa, harimo n'abasirikare 74 bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (FARDC).

 Amakuru avuga ko aba basirikare barekuwe,  bazabanza  guhita binjira mu myitozo i Nyaleke mbere yo gusubira mu byiciro by’imitwe y’ingabo za FARDC babarizwagamo mu gihe Abasivili bo, bafite umudendezo wo gusubira mu miryango yabo.

Ku munsi w’ejo kandi kuwa Kabiri, harekuwe  abanyamerika batatu bari barakatiwe igihano cy’urupfu, basubizwa iwabo. Bari barahamwe n’icyaha cyo kugira uruhare mu gushaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi.

DRC: Izindi mfungwa 117  zirimo n’abasirikare 74 zababariwe

Apr 9, 2025 - 12:31
Apr 10, 2025 - 13:10
 0
DRC: Izindi mfungwa 117  zirimo n’abasirikare 74  zababariwe

kuri uyu wa Kabiri taliki 8 Mata, Perezida Tshisekedi yababariye izindi mfungwa 117 zari zarakatiwe ibihano bitandukanye birimo n'igihano cy'urupfu, muri izo mfungwa hakaba hari harimo n’abasirikare bashinjwaga bitandukanye birimo no guhunga urugamba.


Abarekuwe ni abasanzwe barahamijwe ibyaha n'inkiko zibifitiye ububasha, bafungiwe muri gereza nkuru ya Kangbayi mu mujyi wa Beni, muri Kivu y’Amajyaruguru. 

Guverineri  w’iyi Ntara, Evariste Somo ni we warekuye izo mfungwa, harimo n'abasirikare 74 bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (FARDC).

 Amakuru avuga ko aba basirikare barekuwe,  bazabanza  guhita binjira mu myitozo i Nyaleke mbere yo gusubira mu byiciro by’imitwe y’ingabo za FARDC babarizwagamo mu gihe Abasivili bo, bafite umudendezo wo gusubira mu miryango yabo.

Ku munsi w’ejo kandi kuwa Kabiri, harekuwe  abanyamerika batatu bari barakatiwe igihano cy’urupfu, basubizwa iwabo. Bari barahamwe n’icyaha cyo kugira uruhare mu gushaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.