Taddeo Lwanga yifatanyije n'abanyarwanda muri ibi bihe byo kwibuka

Taddeo Lwanga yifatanyije n'abanyarwanda muri ibi bihe byo kwibuka

Apr 9, 2025 - 13:03
 0

Umugande ukinira ikipe ya APR FC, Taddeo Lwanga yifatanyije n'u Rwanda ndetse n'isi yose kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.


Ni ubutumwa yashyize hanze kuri uyu wa gatatu tariki 9 Mata 2025, avuga ko bagomba kubaha abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, ndetse bagafatanya n'u Rwanda mu guteza imbere Amahoro, ubumwe ndetse n'ubutabera.

Yagize ati " Twubahe abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 Kandi dufatanye n'abanyarwanda bose guteza imbere Amahoro, ubumwe ndetse n'ubutabera."

Thaddeo Lwanga w'imyaka 30, ukina mu kibuga hagati ariko yugarira mu ikipe ya APR FC ndetse n'ikipe y'igihugu y'ubugande, ni umwe mu bakinnyi bafite ubunararibonye mu mupira w'Afurika kuko yakiniye amakipe menshi akomeye.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Taddeo Lwanga yifatanyije n'abanyarwanda muri ibi bihe byo kwibuka

Apr 9, 2025 - 13:03
 0
Taddeo Lwanga yifatanyije n'abanyarwanda muri ibi bihe byo kwibuka

Umugande ukinira ikipe ya APR FC, Taddeo Lwanga yifatanyije n'u Rwanda ndetse n'isi yose kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.


Ni ubutumwa yashyize hanze kuri uyu wa gatatu tariki 9 Mata 2025, avuga ko bagomba kubaha abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, ndetse bagafatanya n'u Rwanda mu guteza imbere Amahoro, ubumwe ndetse n'ubutabera.

Yagize ati " Twubahe abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 Kandi dufatanye n'abanyarwanda bose guteza imbere Amahoro, ubumwe ndetse n'ubutabera."

Thaddeo Lwanga w'imyaka 30, ukina mu kibuga hagati ariko yugarira mu ikipe ya APR FC ndetse n'ikipe y'igihugu y'ubugande, ni umwe mu bakinnyi bafite ubunararibonye mu mupira w'Afurika kuko yakiniye amakipe menshi akomeye.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.